
Inyubako bakoreragamo amasabune yahiye irakongoka
Nk’uko bivugwa n’umuvugizi w’amagereza mu Rwanda, iyi nkongi ngo yangije ibisafuriya bitekerwamo amamesa yifashishwa mu gukora amasabune, hamwe n’igisenge cy’inzu ibyo bisafuriya byabagamo.
Kizimyamoto yatabaye ibindi bice by’iyi nzu bitarashya, ni ukuvuga ahabikwa amasabune yamaze gukorwa hamwe n’ibindi bikoresho, ndetse n’ahakorerwa za muvero.

Amasabune yakorwaga yangiritse yose
Naho ku bijyanye n’impamvu y’iyi nkongi, uyu muvugizi avuga ko batarayimenya. Icyakora ngo kugeza ubu barakeka ko ishobora kuba yatewe na gaz bifashisha mu gucanira amamesa mu gihe cyo gukora amasabune.
Ibarura ry’ibyangijwe n’iyi nkongi rirakomeje, Kigali Today iraza kubagezaho ibyangijwe uko bingana nirisoza.

Ingunguru zavangirwagamo ibikorwamo amasabune nazo zahiye
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|