Mu bakandida umunani (8) bemerewe kwiyamamaza, Yoweli Kaguta Museveni usanzwe ari ku butegetsi, ni we uri imbere.
Ibyavuye mu majwi amaze kubarwa mu buryo bw’agateganyo, bigaragaza ko Museveni afite 75,04% naho Bobi Wine akagira 19%, mu gihe abandi bakandida basaranganya asigaye, nk’uko byatangajwe na Channel 7 News.
Abanya-Uganda bagera kuri Miliyoni 21 ni bo batoye, abakurikirana iby’aya matora bakaba baha amahirwe Yoweri Museni, umaze imyaka 40 ku butegetsi, akaba arimo guhatanira manda ya karindwi (7).
Uretse abo bakandida babiri bakomeye, abandi ni Mugisha Gregory Muntu, Robert Kasibante, Joseph Mabirizi, Nathan Nandala Mafabi, Frank Bulira na Mubarak Sserunga Munyagwa.
Perezida Museveni yatoreye ku ishuri ribanza rya Karo mu Burengerazuba bwa Uganda, mu gihe Bobi Wine we yatoreye mu Karere ka Wakiso ahitwa Freedom Square muri Magere.
Aya matora akubiyemo n’ay’Abadepite, yabaye nta Internet ihari mu gihugu hose, kuko umunsi umwe mbere yayo, Perezida Museveni yari yategetse ibigo bitanga Internet ko biyihagarika mu gihe cy’amatora hirindwa gukwirakwiza ibihuha, ibitarashimishije abatavuga rumwe na we.
Iki kibazo cya Internet, hari abagihuje n’ubukererwe bwabaye mu gutangira amatora, kuko ngo hari aho ibikoresho byageze bitinze batangira gutora nyuma y’isaha, mu gihe ahandi igikorwa cyarikirimbanyije.
Amatora mu mujyi wa Kampala yasojwe saa kumi n’imwe zuzuye nk’uko byari biteganyijwe, ariko ahandi hirya no hino ngo hari aho yarengeje amasaha, kuko ngo batashoboraga kubuza abageze ku murongo gutora, kabone n’ubwo amasaha yari yarenze, nk’uko BBC yabitangaje.
Komisiyo y’Amatora muri Uganda, yatangaje ko ibyavuye mu matora bizatangazwa ku mugaragaro kuri uyu wa Gatandatu tariki 17 Mutarama 2026.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|