Ni ikiganiro kibanze ku matsiko, abasenateri bari bafite ku mikoreshereze y’iri koranabuhanga.
Senateri Nsengiyumva yabajije icyo indangamuntu nshya yaba ije kumarira umuturage, mu gihe n’ubusanzwe yari afite indengamuntu.
Yakomeje gusobanuza agira ati “Mu buryo bw’ubukungu bwagutse (macro-economic), twavuga ko amafaranga yashowe mu gukora izi ndangamuntu koranubuhanga tuzayagaruza dute,” aho yibutsaga ko ari umushinga uzarangira utwaye igihugu akabakaba miliyari 75FRW.
Mu gusubiza icyo umuturage azayungukiramo, Minisitiri yavuze ko izarinda umuturage gukomeza gusiragizwa nk’uko ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, budasiba kubigaragaza.
Minisitiri Ingabire ati “Bizoroshya kubonera serivisi hamwe, kandi henshi ku buryo n’ikiguzi cyazo kizaba cyagabanutse.”
Mu bindi byibajijwe harimo ikibazo cy’umutekano w’ikoranabuhanga ushobora kuzatuma amakuru y’Abanyarwanda yibwa imitungo yabo ikahatikirira, ndetse n’igiciro cya interineti kigihenze hakaba n’aho itari, bityo bikaba byabangamira ikoreshwa ry’iyi ndangamuntu.
Minisitiri Ingabire yabamaze impungenge, ko byose muri uyu mushinga byatekerejweho kandi bifitiwe ibisubizo.
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
|
Mwiriwe muraho,
ese koko Willy Ngoma yarapfuye?
Iyinkuru ariko ndunva ituzuye pe