Abandi Banyarwanda 511 batahutse bavuye muri Congo

Ku wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, u Rwanda rwakiriye abandi bantu 511 batahutse ku bushake, bari mu miryango 152, bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), bakirwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu.

Bamaze kwakirwa, bakomereza mu nkambi y’agateganyo ya Nyarushishi kugira ngo bandikwe, ndetse bahabwa n’amakuru ku Rwanda. Aba bujuje umubare w’abantu 5,612 bamaze gutaha mu Rwanda baturutse muri DRC muri uyu mwaka wa 2025.

Muri bo harimo abatahutse 252 bari bakiriwe by’agateganyo mu nkambi ya Kijote bafashijwe kujya mu Turere bakomokamo, bahabwa amafaranga, ibiribwa, bishyurirwa n’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, mu rwego rwo kubafasha kumenyera imibereho mishya mu Rwanda.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka