Umushoferi w’imbangukiragutabara akurikiranyweho kwiyitirira urwego rwa polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), akambura abashoferi.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyakabanda I, Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, bahangayikishijwe n’abana bato bari mu kigero cy’imyaka irindwi (7), biba ibiribwa ku modoka zibigemura birimo ibirayi, ibitoki n’ibindi, abo bana bakaba baturuka muri uwo murenge, rimwe na rimwe n’abaturuka ahandi.
Banki ya Kigali yifatanyije n’Umuryango utari uwa Leta witwa ‘Umuhuza’, muri gahunda yo gufasha abaturage kwiyongera ubumenyi, batashye amasomero atatu y’ibitabo mu Murenge wa Rutunga w’Akarere ka Gasabo, ku wa Kabiri tariki 21 Nzeri 2021.
Ku itariki 21 Nzeri 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), yagabiye imiryango yo mu Turere twa Rutsiro na Rubavu inka 18 n’intama 40.
Ababyeyi bo mu Mujyi wa Kigali baratangaza ko ubukene atari impamvu nyamukuru ituma abana baba inzererezi, kuko abakene ataribo bonyine bafite abana b’inzererezi.
Inzego zitandukanye za Leta zashyizweho mu gihe na nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 zakuweho, inshingano zazo zijya mu maboko ya Minisiteri nshya iherutse gushyirwaho mu Rwanda ari yo MINUBUMWE (Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nzeri 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Nzeri 2021, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu biro bye (Village Urugwiro).
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kujya babanza bagakora ibiri mu bushobozi bwabo byose, mbere yo kwihutira gusaba ubufasha buturutse ku bandi bantu cyangwa ku nshuti, bakiga kwigira mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Ku wa Mbera tariki ya 20 Nzeri 2021, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 38 bafashwe batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha, bafashwe kuva tariki ya 14 Nzeli 2021 bafatirwa mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, bemera icyaha bakagira inama abandi yo kubyirinda.
Ubwo ikirunga cya Nyiragongo giheruka kuruka, byinshi mu bikorwa remezo bikangirika mu mujyi wa Goma, Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) yitabajwe mu gucanira uyu mujyi. Ibi byakozwe mu buryo bwihuse maze umujyi wa Goma wongera gucana ukoresheje amashanyarazi aturutse mu Rwanda.
U Rwanda rwahagaritse ibiganiro byagombaga guhuza ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga, uw’u Rwanda n’uw’u Bubiligi, bitewe n’amagambo Minisitiri w’Intebe wungirije w’icyo gihugu akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wacyo, Sophie Wilmès, yavuze anenga imikirize y’urubanza rwa Paul Rusesabagina.
Abanyeshuri 25 kuri 27 ba kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, bari bajyanywe mu bitaro kubera kurya amafunguro yanduye batashye kandi ngo ubuzima bwabo bumeze neza.
Abasirikari, abapolisi, abasivile n’abacungagereza baturutse mu bihugu bitandatu byo ku mugabane wa Afurika, kuva ku wa Mbere tariki 20 Nzeri 2021, batangiye kongererwa ubumenyi mu birebana no kwigisha abandi ihame ry’uburinganire, mu gihe cy’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurashishikariza abaturage barugana kwirinda ababarya utwabo bababeshya ko babafasha kubagereza ibirego kuri urwo rwego no kubyihutisha ngo bikemuke.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Jean Bosco Kazura, avuga ko ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagombye kubana mu mahoro n’ubwumvikane kugira ngo birusheho gufatanya mu kwikemurira ibibazo.
Ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nzeri 2021, abantu 37 bagizwe n’abavuzi gakondo ndetse n’abarwayi babo bafatiwe mu Karere ka Kicukiro bateraniye mu nzu mu buryo bunyuranye n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19. Bari bateraniye mu nzu y’uwitwa Habakubaho Alphonse w’imyaka 50 utuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Masaka, Akagari (…)
Nyuma y’uko Leta y’u Rwanda yafashe bamwe mu bagize uruhare mu guhungabanya umutekano w’igihugu mu minsi yashize, harimo Rusesabagina ndetse na Callixte Nsabimana wiyitaga Sankara bakaburanishwa, abatuye i Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru bangirijwe n’abahateye bavuga ko bishimiye kuba barafashwe, bakaba bizeye ko nibamara (…)
Kuri uyu wa Mbere tariki 20 Nzeri 2021, impunzi zo mu nkambi ya Gihembe mu Karere ka Gicumbi, zatangiye kwimurwa ku mugaragaro zijyanwa mu nkambi ya Mahama yo mu Karere ka Kirehe.
Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Lt Gen Mubarakh Muganga, ari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda zimaze iminsi muri icyo gihugu, mu bikorwa byo kugarura amahoro.
Akarere ka kicukiro kagaragaje ubudasa gakoresha indege ya Kajugujugu mu gukomeza gukangurira abaturage bako amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid 19 kuko kigihari.
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 18 Nzeri 2021, ahagana saa saba z’ijoro Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano bafashe uwitwa Mugisha Daniel w’imyaka 30, yafatanwe litiro 202 za mazutu bicyekwa ko yari amaze kwiba.
Padiri Achille Bawe, uyobora Akanama ka Diyosezi ya Ruhengeri gashinzwe umuryango, yatanze impanuro ku bitegura gushinga ingo, aho yavuze ko abenshi mu bubaka ingo zikaramba usanga ari ababyiteguye bakamenyana bihagije, ko muri iki gihe mu birimo gusenya ingo, harimo ukubana batarigeze bamenyana mu buryo buhagije.
Mu gihe hirya no hino mu gihugu hakomeje kuboneka abangavu batari bake baterwa inda, hari benshi bavuga ko byakemurwa n’uko buri wese atareberera ababashuka.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko abagenda n’amaguru bananirirwa ku nzira cyangwa n’abandi babyifuza, batangiye kubona aho baruhukira ku ntebe ziterwa ku mihanda, ndetse ko banahawe Internet (murandasi) y’ubuntu.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’iterambere ry’icyaro muri Repubilika ya Santarafurika, Éric Rokosse-Kamot umaze icyumweru asura ibikorwa by’ubuhinzi n’ishoramari mu Rwanda, yashimye ubuhahirane bw’umujyi wa Goma n’uwa Gisenyi, avuga ko u Rwanda rufite amahirwe yo guteza imbere ubuhinzi.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali barasaba inzego zibishinzwe ko zabanza gukemura ibibazo bitandukanye biri muri mubazi mbere yuko zitangira gukoreshwa.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gicumbi, barashima urukundo rukomeje kuranga abana bo muri ako gace ku muco bakomeyeho wo gutabarana, aho bemeza ko uwo muco ukwiye kubera abakuru urugero kuko bo ngo bagenda bawudohokaho.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), iratangaza ko kubaka amahoro bigomba kujyana no guhangana n’ibikorwa bikunze kubangamira umutekano n’umudendezo wa buri muntu, n’ubwo hari abavuga ko ushaka amahoro ategura intambara.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinigi n’indi Mirenge byegeranye, bavuga ko babangamiwe no kuba badafite ahabegereye bashyingura ababo, bitewe n’uko irimbi rya Kinigi ryamaze kuzura ndetse ritagikoreshwa, bagasaba irindi rishya kuko bibagora cyane iyo babuze ababo.