Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko hari ibikorwa remezo byinshi bimaze gukorwa byatumye benshi batakibarirwa mu batuye mu manegeka, kandi nyamara batarimuwe aho bari basanzwe batuye.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, yitabiriye inama ihuza abayobozi ba Polisi zibumbiye mu muryango wo mu Karere k’Iburasirazuba (EAPCCO). Ni inama ngarukamwaka iteranye ku nshuro ya 23, yabereye mu gihugu cya Repubulika iharanira (…)
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba mu Rwanda, Habitegeko François na mugenzi we uyobora Intara ya Cibitoki mu Burundi, Bizoza Carême, bahuriye ku mupaka wa Ruhwa kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukwakira 2021, bagirana ibiganiro binyuranye birimo n’ibijyanye no gukemura amakimbirane aterwa n’abaturage bayobya uwo mugezi.
Abantu batanu bakurikiranyweho gukorera abandi ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga (Provisior), bakabikora mu mazina atari ayabo hagamijwe kugira ngo babibatsindire.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 15 Ukwakira 2021, mu Karere ka Nyagatare mu cyanya cyahariwe inganda kiri mu Kagari ka Rutaraka, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahazubakwa uruganda rutunganya amata y’ifu.
Mu 2012, Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuvanaho ibigo by’imfubyi, u Rwanda rukaba rwari rubaye igihugu cya mbere muri Afurika gikoze ibyo, gusa hari ibyuho byagaragaye mu mategeko agenga icyo gikorwa.
Biragoye muri iki gihe kubona umushyitsi usura u Rwanda agataha atageze mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi, aho usanga abanyamahanga banyuranye barahafashe nk’ishuri ry’imiturire inogeye abaturage.
Turi mu 1996, ni ku wa Kane ku kazuba k’agasusuruko, nicaye iwacu ku Gasharu ku irembo ry’akazu katari kure ya nyakatsi, nta nzozi, nta migabo, nta migambi, nta cyerekezo niha, ntawukimpa, sinzi niba nzasoza aya mashuri abanza, kurota ayisumbuye byo ndabyumva nko kwisumbukuruza. Ibyajye ni nk’ibya ya nyoni twajyaga tuganira (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko amakoperative ashobora kwinjiza amafaranga asaga miliyali eshatu ku mwaka, ajya mu mifuka y’abaturage hakaba hari na koperative ishobora kurenza miliyoni 500frw ku mwaka, agasabwa gukoresha ayo mafaranga mu rindi shoramari aho kuyarekera ku mabanki.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko mu rwego rwo kongera ibice byo kwidagaduriramo, bafite imishinga itandukanye irimo n’iyo kongera ibibuga abana bazajya bakiniraho.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, ku wa Kane tariki ya 14 Ukwakira 2021, yitabiriye inama ihuza Abayobozi ba Polisi bo mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAPCCO), ni inama irimo kubera mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Mujyi wa Kinshasa.
Ku wa Gatatu tariki ya 13 Ukwakira 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi yafashe uwitwa Ndagijimana Silas w’imyaka 32, yafashwe arimo guha umupolisi ruswa ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 150, kugira ngo azamufashe gusubirana moto ye yakoreshaga mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro butemewe n’amategeko, yafatiwe mu (…)
Kuri uyu wa Kane Tariki 14 Ukwakira 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yifashishije ikoranabuhanga yitabiriye inama y’ihuriro ry’Afurika ku bucuruzi mpuzamahanga, izwi nka ‘Global Business Forum Africa’ irimo kubera i Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, akaba yavuze ko hari ingaruka za Covid-19 zizamara igihe (…)
Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) rwamenyesheje abantu bose ko uwitwa Niyonsenga Dieudonné wiyita Cyuma Hassan, atari umunyamakuru w’umwuga nk’uko abyiyitirira ku muyoboro we uri kuri YouTube witwa ISHEMA TV.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), iravuga ko izakoresha miliyari 1.9 gusa y’Amafaranga y’u Rwanda mu matora y’inzego z’ibanze, bitewe n’uko yasubitswe imyiteguro igeze ku kigero cya 75%.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho Kamuhire Alex, nk’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, akaba asimbuye Biraro Obadiah, wari umaze imyaka icumi kuri uwo mwanya, kuko yabaye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta uhereye muri Kamena 2011.
Ababwiye Kigali Today ibyo bo mu Mirenge ya Kinigi, Nyange, na Gacaca, bahamya ko urwo rugomo rukorwa n’abitwikira ijoro, baba bafite umugambi wo kwiba amatungo nk’inka, ingurube, ihene cyangwa intama, wabapfubana, bagahitamo gusiga batemye itungo bahasanze ngo bihimure kuri ba nyiraryo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko umushinga wo kubaka inzira zagenewe imodoka zitwara abagenzi, uzahera ku muhanda uturuka mu Mujyi werekeza ku kibuga cy’indege, zikaba zitezweho kunoza serivisi yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Amateka arandikwa, amateka aravugwa, amateka akaba meza cyangwa akaba mabi, amateka y’u Rwanda, amateka y’Abanyarwanda yabayemo byose, amabi ashavuza cyane n’ameza ashimishije yagaruriye icyizere Abanyarwanda. Uvuga ibyayo iyo atangiye kuyandika kenshi agira ikiniga, ariko yagera aho agera na none akamwenyura agacuma (…)
Ku Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, mu Karere ka Kicukiro hasojwe amahugurwa yari amaze iminsi icumi ahurije hamwe abaharanira uburenganzira bwa muntu barimo abanyamakuru n’imiryango itari iya Leta, bose bagashima ubumenyi bungutse ndetse ko bagiye kububyaza umusaruro.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare mu Karere ka Huye buributsa abakozi b’ibitaro bishyuza agahimbazamusyi ko gatangwa kabonetse kuko kugahabwa atari itegeko.
Abanyarwanda 25 mu nzego zinyuranye zishinzwe umutekano ndetse n’abasivili, bari mu mahugurwa agamije kurengera ikiremwa muntu, mu bihe bikomeye cyane cyane mu ntambara.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira, ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri, mu Murenge wa Muhima, akagari ka Kabeza umudugudu wa Sangwa, abagizi ba nabi bagabye igitero ku mu ajenti (agent) wa MTN ucururiza ku muhanda unyura imbere y’ibiro bya ARDI (munsi y’ahahoze RIAM), baramushimuta bamujyana mu gashyamba bamwambura (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yabereye muri Village Urugwiro, ifatirwamo imyanzuro ikurikira:
Minisiteri ishinzwe ubutabazi (MINEMA), itangaza ko mu kwezi kwahariwe kugabanya ingaruka ziterwa n’ibiza, hateganyijwe ibikorwa byo kuzirika ibisenge no kwigisha abantu kwirinda ingaruka ziterwa n’ibiza.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buravuga ko mu gihe cy’imyaka itanu buteganya kuba bwubatse ibilometero 215.6 by’imihanda, mu mushinga mugari wo kubaka imihanda wiswe ‘Kigali Infrastructure Project’ (KIP).
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021, yayoboye Inama y’Abaminisitiri yateraniye mu biro bye (Village Urugwiro).
Abakoresha ikoranabuhanga rya SAVE mu kubitsa no kugurizanya mu turere twa Rulindo na Gakenke, barahamya ko amatsinda yabo yakomeje gukora mu gihe cya Covid-19, igihe byasabaga ko badahura ngo babitse mu dusanduku nk’uko babikoraga mbere.
Umuryango Nyarwanda ni wo shingiro ry’imbaga y’Abanyarwanda. Nta muryango, nta gihugu cyabaho! Umuryango ni igicumbi cy’umuco n’uburere bubereye Umunyarwanda.