Abakoresha bafite inshingano zo gutuma abo bakoresha bakunda akazi bakora, babaha ibyo babagomba, bakanabaha agaciro; nk’uko bitangazwa n’Umuryango ushinzwe Imicungire y’Abakozi mu Rwanda (RHRMO).
Inyubako igezweho y’ibiro by’akarere ka Bugesera izuzura itwaye amafaranga miliyari 1, miliyoni 50, ibihumbi 722 na 650, azava ku ngengo y’imari y’akarere ya 2012-2013.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda z’ubujyanama no gupima SIDA (VCT) buri munsi ku bigo by’urubyiruko biri mu gihugu. Iyo gahunda yatangiriye ku kigo cya Kimisagara mu mujyi wa Kigali tariki 29/11/2012.
Abaturage bo mu mujyi wa Goma batinye kujya ku kazi tariki 29/11/2012 kubera gutinya ingaruka bashobora guhura nazo nyuma y’uko M23 ivuye mu mujyi wa Goma, abandi bahitamo kwiyizira mu Rwanda ngo babanze barebe aho ibintu byerekera.
Kuri uyu wa kane tariki 29/11/2012, Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, yasuye akarere ka Rubavu aganira n’abaturage bahungabanyijwe n’imirwano yabaye hagati ya FDLR n’ingabo z’u Rwanda tariki 27/11/2012 mu mirenge ya Bugeshi na Cyanzarwe.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 28/11/2012, abanyamakuru bakoze inkuru mu byiciro bitandukanye, bahawe ibihembo byo kubashimira ko bakoze inkuru zituma habaho iterambere ry’abaturage n’iry’igihugu muri rusange.
Abayobozi ba za serivisi zinyuranye zitangirwa mu karere ka Huye bakoze inama n’ ubuyobozi bw’ako karere tariki 28/11/2012, hagamijwe gufatira hamwe ingamba ku byakorwa kugira ngo hatongera kubaho abantu binubira serivisi bahabwa.
Hamwe na hamwe ngo byagaragaye ko iyo abaturage bakorewe ibintu usanga batabyitayeho bavuga ngo ni imfashanyo ntibagire uruhare mu kubibungabunga cyangwa kubisana iyo byangiritse.
Bamwe mu badepite bagize ihuriro ny’Afurika ry’inteko zishinga amategeko (APNAC) barashima aho u Rwanda n’Abanyarwanda bageze biteza imbere, babifashijwemo n’ubuyobozi bwiza bubacira umusingi bubakiraho.
Abantu 86% by’imbaga y’abitabiriye amatora yakoreshejwe n’ikinyamakuru The Guardian bifuje ko Ubwongereza butahagarika burundu inkunga bwateraga u Rwanda kuko iyo nkunga ihagaritswe byagira ingaruka mbi ku baturage rubanda ruciye bugufi mu Rwanda.
“Urubyiruko ruzima ahazaza heza” niyo ntero y’urubyiruko rw’Abadivantiste b’umunsi wa karindwi ruri mu ngando mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, muri College ya Rwankeri.
Hashize imyaka ibiri abantu bahawe akazi mu kubaka umuhanda wa kaburimbo wa Ngororero-Kabaya-Mukamira bishyuza amafaranga yabo ariko ntibayahabwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, Louise Mushikiwabo, atangaza ko u Rwanda rutazemera ko igitero cya FDLR ku butaka bw’u Rwanda gisubiza inyuma inzira y’amahoro yatangijwe n’umuryango w’inama y’ibihugu by’ibiyaga bigari (ICGLR).
Abarwanyi ba FDLR bateye mu Rwanda bagera kuri 250; nk’uko bitangazwa n’umwe mu barwanyi bafashwe witwa Girukwayo Martin wari uyobowe na Majoro Ruhinda bavuye muri Masisi.
Gutoza urubyiruko umuco utarangwamo ruswa biri mu bishishikaje Urwego rw’Umuvunyi, ruri gutegura ibikorwa bitandukanye byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa; nk’uko bitangazwa n’Umuvunyi Mukuru, Madame Aloysie Cyanzayire.
Ihuriro ry’abanyamakuru baharanira guteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu no kurwanya ubucakara, batangaza ko Intara y’Amajyepfo ari yo ivamo abana benshi bajyanwa mu mujyi wa Kigali mu kazi k’ubuyaya, ububoyi no gucuruzwa.
Ingoro yo mu Rukali iri mu karere ka Nyanza yasuwe n’Abadepite bagize ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko muri Afurika baje kureba bimwe mu bimenyetso biranga amateka y’u Rwanda rwo hambere mu ruzinduko bakoze tariki 27/11/2012.
Abaturage batuye mu duce abarwanyi ba FDLR banyuzemo ubwo bateraga mu Rwanda tariki 27/11/2012 bavuga ko abo barwanyi baranzwe no gufata abaturage bugwate no gusahura ibyo bahuye nabyo bakabyikoreza abaturage.
Sifa Nsengimana wagize uruhare mu gushinga ikigo Agahozo-Shalom giherereye mu karere ka Rwamagana gifasha abana bagera kuri 500 b’impfubyi za Jenoside yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yaberere muri Afrika y’Epfo mu mpera z’icyumweru gishize.
Umushinga Imbuto Foundation wasabye abanyeshuri bitabiriye ibiganiro by’iminsi itatu byateguwe kuva tariki 25-28/11/2012, ko bagomba gukomera ku bupfura, kwiyubaha no guharanira ejo heza habo, bahereye muri iki gihe abanyeshuri bari mu biruhuko.
Igice cy’abikorera mu Rwanda cyongeye kugawa kubera uburyo abakoramo bakira abakiriya, nyuma y’aho ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) bwagaragaje ko kugeza ubu nta kirakorwa kugira ngo serivisi zihatangirwa zanozwa.
Inama mpuzamahanga iteraniye i Kigali, yiga ku iterambere ry’itangazamakuru, igomba gushaka ibisubizo byatuma ibitangazamakuru byo muri Afurika byigenga, bikishyiriraho umurongo bigenderaho, kandi bikavuga ibibera iwabyo, aho kubivugirwa n’itangazamakuru ryo hanze.
Abarwanyi batandatu ba FDLR bitabye Imana abandi babiri bafatwa ari bazima ubwo bateraga ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Br.Gen Joseph Nzabamwita.
Abapasitoro n’abayobozi bakuru mu idini rya ADEPR basaga 350 bagiye kumara icyumweru mu ngando i Nkumba mu Karere ka Burera, aho bazaba bagiye kwisuzuma, bakiyungurura, bagafata ingamba zo gutandukana n’amacakubiri yagaragaye mu itorero mu minsi ishize.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, FDLR yateye ibirindiro bibiri by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu, abarwanyi bane ba FDLR bahasiga ubuzima.
Umuvugizi w’umutwe wa M23, Amani Kabasha, avuga ko bishimiye imyanzuro yafatiwe mu nama y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa ICGRL ndetse M23 yiteguye kuyishyira mu bikorwa nyuma yo kuyibona.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 26/11/2012, urusengero rwa Pantekote (ADPER) rwo ku Kinamba mu kagari ka Kamutwa, mu murenge wa Kacyiru, rwibasiwe n’umuriro uturutse mu gisenge, inyuma mu biro by’abakozi b’Imana.
Nyuma yo kurangiza ibizamini bisoza amashuri yisumbuye tariki 24/11/2012, abanyeshuri 888 bo mu karere ka Kamonyi bateganyijwe kujya mu Itorero kandi ngo ibizakenerwa byose byarangije gutegurwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimye ishyirahamwe ry’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG), kuba ryarageze ku ntego zaryo, zo kurwanya guheranwa n’agahinda, kugirana inama, kurerana (kuko batagira ababyeyi), ndetse no guharanira kwiteza imbere.
Mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse, tariki 25/11/2012, ubuyobozi bw’uwo muryango mu karere ka Muhanga bwasabye abatuye aka karere kwishimira ko mu Rwanda ikimenyane kiri kugenda gikedera.