Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Williams Nkurunziza, yagejeje impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda mu Bwongereza ku mwamikazi Elizabeth II.
Abana 11 n’abagore 7 n’umugabo umwe bavuga ko bishimiye gutahuka mu gihugu cyabo nyuma y’imyaka 19 basiragira mu mashyamba ya Congo. Bageze mu Rwanda kuri uyu wa kabiri tariki 26/06/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere.
Mu ruzinduko abanyeshuli bo muri college de Nkaka yo mu Karere ka Rusizi bari gukorera mu gihugu cy’Ubudage kuva tariki 20/06/2013 kugeza 03/07/2013 , barishimira uburyo bakiriwe n’abaturage bo mu mujyi wa Speyer mu gihugu cy’Ubudage.
Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bari mu karere ka Kirehe kuva tariki 24/06/2013 mu rwego rwo kureba uburyo abaturage bakorana n’abunzi hamwe n’urwego rushinzwe kugira inama abaturage ku bijyanye n’amategeko (MAJ).
Mu myaka itatu hazaba ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu hazaba huzuye inzu izafasha abatuye ibi bihugu kuganira ku byazana amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byombi.
Umuryango Croix-Rouge uzwiho gutabara imbabare watangiye gutegura abasore n’inkumi 20 muri buri murenge mu rubyiruko ruvuye ku rugerero ngo bagire ubumenyi bwa ngombwa mu bikorwa by’ubutabazi bw’ibanze kugira ngo bajye bagoboka abaturage igihe cyose habaye Ibiza n’impanuka, babarindire ubuzima mbere y’uko bagezwa kwa muganga.
Muri za kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, havutse ihuriro ry’abakobwa b’abayobozi (Girl’s Leaders Forum), rigamije gukorera ubuvugizi abakobwa ku bibazo bahura nabyo, ndetse no kubagira inama ku myitwarire ibategurire ejo hazaza heza.
Umuyobozi w’ingabo zigize umutwe w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyepfo, Brig. Gen. Dan Gapfizi, yakoze impanuka y’imodoka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 26/06/2013 ahita ahasiga ubuzima.
Abayobozi b’umuryango MSAADA w’Abongereza usanzwe ufasha abarokotse Jenoside mu ntara y’Iburasirazuba bemereye umuyobozi w’iyo ntara ko bagiye gufasha abarokotse Jenoside kubaka imishinga ibyara inyungu kandi iramba bazajya bikorera ubwabo kuko ngo kubaha imfashanyo za hato na hato bibaheza mu bukene no gutegereza ak’imuhana.
Abagore batatu hamwe n’abana babo bane banze kwakirwa mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse bakaza gusubira muri Congo rwihishwa bagamije kugera kunyungu bahabwa na HCR.
Federation Internationale des Droits de l’Homme (FIDH) na Ligue des Droits de l’Homme (LDH) n’Umuryango Survie, kuwa mbere tariki 24/06/2013 yashyikirije ikirego Urukiko Rwisumbuye rw’i Paris mu Bufaransa irega Umufaransa Capt. Paul Barril ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.
Bamwe mu bagize imiryango ya sosiyete sivile baravuga ko igitutu Leta ibashyiraho cyo kumenya amategeko no kugendana n’aho isi igeze bitaborohera, kubera ko amikoro yabo atabemerera kugendera ku muvuduko umwe n’uwa Leta.
Leta y’u Rwanda irahamya ko yafashe ingamba mu rwego rw’ubukungu zizatuma umuvuduko igihugu kiriho utagabanuka. Bitandukanye n’ibyatangajwe n’impuguke za Banki y’isi zivuga ko muri uyu mwaka ari bwo u Rwanda ruzahura n’ingaruka zikomeye, bitewe no kuba rwarakuriweho inkunga n’ibihugu bisanzwe birufasha mu mwaka ushize.
Kigali Today iri mu bigo 20 byatsindiye ibihembo by’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), kubera imishinga byatanze igamije gufasha urubyiruko kwiyungura ubumenyingiro yashimwe.
Aba basenateri basuye umupaka kuri uyu wa 24/06/2013, mu rwego rwo kureba uburyo hari kubakwa ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Tanzaniya hamwe na One Stop Border Post (OSBP) ku mpande zombi z’umupaka w’u Rwanda na Tanzaniya.
Ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) byanze kwemeza igenamigambi ry’imyaka irindwi (2013-2020) ryakozwe na TRANSTEC nyuma yo gusanga ibyo ibi bihugu birambirijeho mu iterambere n’ubukungu bitabonekamo.
Umutahira mukuru wungirije w’Itorero ry’igihugu, Ntidendereza William, avuga ko biteganyijwe ko mu minsi iri imbere hazatangizwa gahunda y’itorero mu mashuri.
Mu gihe hasigaye iminsi itageze ku kwezi kumwe ngo yimikwe ku mugaragaro kuba umwepisikopi wa Diyosezi Gatorika ya Kibungo, Munsenyeri Kambanda Antoine yatangiye gusura amaparoisse y’iyi Diyosezi.
Indangagaciro za gikristu, no kuba intangarugero mu bikorwa byiza, ni bimwe mu byakanguriwe abakristu b’itorero ADEPR mu karere ka Nyagatare mu ruzinduko rw’umuvugizi w’iri torero mu Rwanda.
Abayisiramu bo mu turere twa Nyarugenge na Kamonyi basuye abo mu karere ka Ngoma, banatangiza igikorwa cyo gukusanya inkunga yo kubaka umusigiti wa Gituku mu murenge wa Rukira.
Intore yo mu murenge wa Gihango ihagarariye intore zo mu kagari ka Congo Nil yitwa Evode Niyibizi yasabye imbabazi ndetse asaba ko na we yashyirwa ku rutonde rw’abazahabwa icyemezo (certificate) cy’uko yakoze urugerero, nyuma y’uko yasize bagenzi be akigira gukora akazi yari yabonye muri EWSA.
Ntarwanda Jean Baptiste utuye mu mudugudu wa Nyamata I mu kagari ka Nyamata-Ville mu murenge wa Nyamata ahangayikishijwe n’umwobo w’ubwiherero waridukiye mu marembo ye, ubu akaba atabona aho anyura ajya cyangwa ava mu rugo iwe.
Hagamijwe kuzagira uruhare rugaragara mu gikorwa cy’amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka, ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) ryakoze inama rusange mu karere ka Rusizi maze abayoboke baryo bashishikarizwa kwitabira kwiyamamariza iyo myanya.
Abana bahagarariye bagenzi babo ku rwego rw’igihugu barasaba ko Leta yakaza gahunda ikora yo kubavuganira, kuko hari aho abana bakibangamirwa mu buzima bwa buri munsi ndetse abandi bakanahohoterwa.
Ubwo akarere ka Muhanga kasurwaga n’abadepite bagize Komisiyo ishinzwe gukurukirana imitungo n’imari by’igihugu, umuyobozi w’aka karere Yvonne Mutakwasuku yabagaragarije ko ubutaka bw’umugabekazi Kankazi Radegonde bwatangiye kwibasirwa n’abaturage babuturiye.
Paruwasi ya Ruhango iri mu karere ka Ruhango ahazwi cyane ku izina ryo kwa Yezu Nyirimpuhwe, tariki 24/06/2013, habereye umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 imaze ishinzwe.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame, Perezida Uhuru wa Kenya hamwe na Perezida Museveni wa Uganda bahurira Entebbe mu gihugu cya Uganda kuri uyu wa kabili tariki 25/06/2013 kugira ngo baganire ku bufatanye bw’ibihugu bayoboye.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda bateye inkunga Abanyabisesero ihwanye na miliyoni zisaga enye n’igice. Iyo inkunga igizwe n’imyambaro, icyuma gisya imyaka ndetse na mitiweli y’abantu 100.
Abaturage batuye mu karere ka Ruhango barishimkira ko itangazamakuru ririho kugenda ribegera bigatuma bamenya gahunda Leta ibafiteho.
Musonera Jean de Dieu wayoboraga koperative y’abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto yitwa KMC ikorera mu murenge wa Matimba Akarere ka Nyagatare yasabiwe kwegura ku buyobozi bw’iyi koperative kubera gukoresha umutungo w’abanyamuryango mu nyungu ze bwite.