Buri Munyarwanda wese ukunda kandi wifuza amahoro arasabwa kugira uruhare muri “Peace Marathon” izaba kuri iki cyumweru tariiki 18/5/2014, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Imikino ngororangingo mu Rwanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere myiza (RGB) kuri uyu wa kabiri tariki 13 Gicurasi 2014, cyagaragarije Akarere ka Gatsibo uko abaturage bavuze aka karere mu mitangire ya service mu mwaka wa 2013, muri gahunda yiswe Citizen Report Card 2013.
Ubugenzuzi bwakozwe n’inzego zinyuranye zirimo ubugenzuzi bw’umurimo mu karere, ubugenzuzi bw’ubucukuzi muri minisiteri y’umutungo kamere n’inzego z’umutekano zagaragaje ko mu masosiyete acukura amabuye y’agaciro mu Karere ka Ngororero hakomeje kugaragara abakoresha batubahiriza uburenganzira bw’abakozi.
Abakuru b’imidugudu bose bo mu Karere ka Huye uko ari 508, ku itariki ya 12/5/2014 bahawe telefone zo kwifashisha mu kazi kabo ka buri munsi. Ibi ngo bizatuma imigendekere y’akazi kabo irushaho kuba myiza kuko hari igihe ababakuriye babakeneraga ntibabashe kubabonera igihe.
Mu karere ka Rusizi niho hatangirijwe igikorwa cyo gusuzuma imikorere y’uturere tw’intara y’uburengerazuba mu rwego rwo kubahiriza amasezerano bagiranye na Police y’igihugu hagamijwe kubungabunga umutekano w’igihugu muri rusanga n’abagituye.
Umuryango w’uwitwa Mutambuka Yussuf w’imyaka 87 y’amavuko utuye mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza wibasiwe n’inkongi y’umuriro asigara iheruheru nyuma yo guhisha inzu ye n’ibikoresho yari atunze.
Mu minsi mike u Rwanda ruzaba rwafunguye ambassade yarwo mu gihugu cya Angola, ibi bikaba bizateza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi.
Mu nama y’umutekano yahuje abakuru b’imidugudu, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’ab’imirenge igize akarere ka Huye n’ubuyobozi bw’akarere tariki 12/5/2014, Brig. Gen. Georges Rwigamba uyobora Ingabo mu Ntara y’Amajyepfo, yababwiye ko umutekano atari inzu ngo iruzura bayitahe.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Burera, Mujawayezu Leonie, arasaba abagore bo muri ako karere guca ukubiri n’ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko giteza umutekano muke, kigasenya umuryango.
Abaturage bakoresha umupaka wa Kagitumba uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Nyagatare bavuga ko guhuza imipaka bizagura ubuhahiranire ndetse bikanashimangira ubuvandimwe hagati y’Abanyarwanda n’abanyamahanga bagana u Rwanda.
Amatara yo ku mihanda agera kuri 80 niyo yapfuye ataka mu mujyi wa Ngoma ku buryo abenshi bavuga ko amatara yapfuye aruta ubwinshi amazima bigatuma n’ayaka ntacyo akimaze gikomeye kuko bitabuza gutera umwijima.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Edward Katumba Wamala ashimangira ko umugabane w’Afurika, by’umwihariko Akarere k’Ibiyaga Bigari gafite ibibazo by’ingutu bigomba gukemurwa n’Abanyafurika ubwabo aho gutegereza abazungu.
Uwari umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu, imari n’iterambere mu karere ka Musanze, Mugenzi Jerome, mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 12/05/2015 yashyikirije Perezida w’Inama Njyanama ibaruwa isaba kwegura ku mirimo ye.
Birindwa Kajibwami François na Kalinda Jean Viateur bari basanzwe ari abadiyakoni mu muryango w’abarogasiyonisite (Pères rogationistses du Coeur de Jésus) bahawe isakaramentu ry’ubusaserodoti kuri iki cyumweru tariki 11/05/2014 muri Diyoseze gatulika ya Cyangugu.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora (NEC) irateganya ko mu mwaka wa 2017 izaba yarashyizeho uburyo abantu bashobora gutora bakoresheje telephone na internet, nyuma yo gusanga hari Abanyarwanda benshi cyane ababa hanze bagiye bacikanwa no gutora bitewe no kuba nta ambasade ziri aho bari.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Rushashi mu karere ka Gakenke barinubira uburyo abashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi zikorera muri uwo muhanda bigiza nkana bagatwara umubare urenze uwo bemerewe gutwara (gutendeka).
Nyuma y’aho komisiyo y’igenzura y’inama njyanama y’akarere ka Rusizi igaragaje ibyavuye muri raporo ku makosa yakozwe mu iyubakwa ry’urwibutso rwa Nyarushishi abajyanama bayo bifuje ko abakoze amakosa yatumye uru rwibutso rudindira bazagaragazwa kugirango ikosa ritazitirirwa akarere kose.
Umuryango uharanira imibereho myiza y’abaturage (Society for Family Health) woroje inka imiryango ibiri y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.
Abaturage batuye mu karere ka Nyamasheke na Rusizi bagira imyubakire utasanga ahandi bitewe n’uburyo babyumva n’imiterere y’ako karere nk’uko babivuga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko kwimura abaturage batuye ku kirwa cya Bushongo kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge wa Rugarama bitari ibya vuba ngo kuko bigomba imyiteguro ihagije.
Abayobozi, abanyamakuru, abanyamadini n’abakorera imiryango nyarwanda itari iya Leta barasabwa gutahiriza umugozi umwe mu kurinda inyungu z’igihugu bazigira izabo kuko izo nyungu z’igihugu zitareba umuntu umwe gusa.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kinyinya rwiga n’urutiga rwaguriye mu gikorwa cyo gukongurirwa kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge. Igikorwa cyateguwe n’umuryango mpuzamahanga International Alert, kuri uyu wa Gatanu tariki 9/5/2014.
Impfubyi za Jenoside zirera zatujwe mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicikiro ziributswa ko zidakwiye kwiheba bibaza uko ejo bazabaho, kuko batari bonyine kandi ko barindiwe umutekano.
Nyuma y’uko Kigalitoday.com itangaje inkuru y’umwana wabuze iwabo mu mwaka wa 1997, afite imyaka irindwi, kuri uyu wa gatanu tariki 9/4/2014, umuryango we wamugezeho ku musaza umucumbikiye witwa Gasirikare Philippe wo mu mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.
Abanyakongo n’Abarundi barindwi bafatiwe mu nkambi ya Nyagatare kuri uyu wa 09/05/2014 bavuga ko baje mu Rwanda nk’impuzi zitahutse aho bari biyoberanyije ndetse bihindura amazina kugira ngo badatahurwa.
Aborozi bororera mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 9/05/2014 bakoze igikorwa cyo kwitanga, maze bakusanya inka zigera kuri 93 zo koroza abatishoboye batari batunze inka, bikaba biri mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya “Girinka” yatangijwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Kuri uyu wa Kane tariki 08/05/2014 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umuryango utabara imbabare Croix Rouge, uyu muryango washyikirije amazu 26 abasigajwe inyuma n’amateka n’abatishoboye bo mu Mirenge ya Nyange na Musanze mu Karere ka Musanze.
Akanama k’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye kashyizeho umudali witiriwe ubutwari budasanzwe umusilikare w’Umunyasenegali Captain Mbaye Diagne yagiriye mu Rwanda, aho yarokoye abantu benshi bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Muhanga, mu murenge wa Nyarusange, Guverineri w’Itara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, yasabye abaturage guhagarara kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ari inzira ifasha kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri.
Abaturage basaga 50 batuye mu murenge wa Ruharambuga bavuga ko babariwe guhabwa ingurane mu mwaka wa 1972, ubwo hari hagiye gushyirwa amashanyarazi muri uwo murenge bakabwirwa ko bazishyurwa ariko kugeza na n’ubu bakaba batarishyurwa.