Urubyiruko rutandukanye rwo mu Murenge wa Bungwe, mu Karere ka Burera, rurasaba ubuyobozi bw’ako karere ko mu kigo cy’urubyiruko begerejwe bashyirirwamo za mudasobwa zizajya zabafasha kwiga ikoranabuhanga.
Ukwezi kwa Gicurasi 2015 gusojwe, abaturage basaga miliyoni 1 n’ibihumbi 27 bo mu Ntara y’Iburasirazuba bandikiye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bayisaba kuvugurura Itegeko Nshinga, by’umwihariko ingingo ya 101, kugira ngo haveho inzitizi zibuza Perezida Paul Kagame kuzongera kwiyamamaza, kuko ngo bashaka (…)
Kuri uyu wa 29 Gicurasi, abantu 28 bahagarariye abandi mu mirenge yose igize akarere ka Nyagatare bagiye mu Nteko Inshinga Amategeko y’u Rwanda/Umutwe w’Abadepite bitwaje impapuro zasinyweho n’abaturage ibihumbi 38 na 5 basaba ko ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga yahinduka Perezida Kagame akemererwa kongera kwiyamamaza.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bufatanyije n’ibigo bitandukanye bikorera muri uyu murenge, bwatangije gahunda idasanzwe y’ubufatanye mu guteza imbere ibikorwa bw’umuganda rusange uba buri wa gatandatu wa nyuma wa buri kwezi.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira, yasabye abayobozi bashya b’Akarere ka Rubavu batowe tariki ya 29 Gicurasi 2015 kwirinda amarira y’abaturage kuko akungura.
Abakuru b’ ibitangazamakuru byandika basanga umuco wo gusoma ukiri hasi cyane mu Banyarwanda n’ibiciro byo mu macapiro yo mu Rwanda bikiri hejuru, ari ikibazo kibahangayikishije cyane.
Ibirori bisoza ukwezi kwahariwe urubyiruko mu rwego rw’igihugu byabereye mu Karere ka Kirehe ku wa 30 Gicurasi 2015 aho Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yafunguye ku mugaragaro ikigo cy’urubyiruko asaba ko kibyazwa umusaruro mu gukemura bimwe mu bibazo urubyiruko ruhura na byo.
Nyuma y’umuganda usoza ukwezi kwa Gicurasi 2015, abatuye imidugudu itandukanye igize Akarere ka Kamonyi baganirijwe ku buryo bwo gutegura imihigo n’uburyo ishyirwa mu bikorwa, banahamagarirwa gutangira gutegura imihigo y’umwaka utaha wa 2015/2016, izatangirana n’ukwezi kwa Nyakanga uyu mwaka.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana ,yasabye urubyiruko kwizigamira ndetse no kurushaho kwirinda gusesagura mu kurushaho gutera imbere.
Abaturage bo mu Mujyi wa Kayonza ngo basanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba atangwa n’ikigo cya Mobisol yabafasha guhangana n’ikibazo cy’icuraburindi baterwa n’ibura rya hato na hato ry’amashanyarazi asanzwe.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu rwashyize ahagaragara ibitekerezo bafite ku guhindura itegeko nshinga ingingo ya 101 ivuga ko Perezida atagomba kurenza manda ebyiri mu kuyobora, bavuga ko ridahinduwe cyangwa ngo Kagame yiyamamaze batazajya mu matora.
Kimwe mu bikorwa byaranze umuganda wabereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye, ni ukurangiza gutunganya inzu y’umukecuru Mukamusoni Esther w’imyaka 85 yubakiwe mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri no kuyimushyikiriza.
Urwego ngezuramikorere rw’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rutangaza ko rufite ibimenyetso bihagije by’ibyaha by’igitangazamakuru cy’abongereza (BBC), ku buryo ngo nyuma yo gufungirwa burundu ibiganiro byacyo mu Kinyarwanda, gishobora no gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko.
Ubuyobizi bw’akarere ka Muhanga bwari buherutse gukorana inama kuri gahunda yo kunoza umuganda hemezwa ko abatwara imodoka ku munsi w’umuganda bazafatwa bagahanwa ari nabyo byashyizwe mu bikorwa.
Kigali Today yabahitiyemo amwe mu mafoto yaranze igikorwa cy’umuganda cyabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 30/5/2015, nk’uko abanyamakuru batandukanye bacu bari bahari bahatubereye.
Itsinda ry’abasenateri rimaze iminsi 10 mu karere ka GIcumbi mu gikorwa cyo kugenzura imitangire ya serivisi muri aka karere, ryanenze bikomeye uburyo umujyi wa Byumba urangwa n’umwanda ndetse ukaba nta n’aho bamena imyanda ugira.
Abitabiriye kongere ya 8 y’inama y’Igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Nyanza yateranye ku wa 29 Gicurasi 2015, biyemeje kuba abarinzi b’ibyagezweho mu iterambere ry’igihugu, birinda uwo ari we wese waba intandaro yo kubisenya.
Imihanda yo mu Mujyi wa Musanze, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabemereye ko izakorwa nyuma yo kwangirika cyane, imirimo yo kuyisana irarimbanyije, mu cyiciro cya mbere hazakorwa ibirometero bitanu byo mujyi n’ibindi 10 byo mu nkengero zawo.
Nyuma y’uko Inama njyanama y’Akarere ka Rubavu yeguje komite nyobozi y’akarere ikanirukana uwari umunyamabanga nshingwabikorwa wako tariki ya 27 Werurwe 2015, ikanashyiraho Kaduhoze Jeanne nk’umuyobozi w’akarere w’agateganyo, ku wa 29 Gicurasi 2015 hatowe abayobozi bashya.
Iteroro garukurebe ryo mu Karere ka Rwamagana kuri uyu wa 29 Gicurasi 2015,ryaramukiye mu birori byo kwakira impano y’imodoko yo mu bwoko bwa Coaster bagabiwe na Perezida Kagame mu buryo bwo kuborohereza urugendo bajya mu bitaramo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nubwo ikibazo cy’umwanda kireba buri wese, abagore bakwiye kukigira icyabo ku buryo bw’umwihariko, kuko ngo gisubiza inyuma agaciro bahawe na Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Nyuma y’uko Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bugabanyije amafaranga yo gukoresha bwahaga imirenge bimaze kwemezwa n’inama njyaanama y’aka karere, abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari ntibishimiye igabanywa ry’ayo mafaranga ngo kuko ari bo bigiraho ingaruka nyinshi mu kazi bikanabatera gukora amakosa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera ndetse n’abikorera batandukanye bo muri ako karere bemeza gahunda y’ibiganiro bibahuza yatanze umusaruro haba mu bucuruzi ndetse no mu misoro yinjira mu karere.
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda( BNR), John Rwangombwa, mu itangazo yashize ahagaragara kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015, yavuze ko Leta y’u Rwanda yamaze kugurisha impapuro z’agaciro-faranga (T-bond) mu gihe cy’ imyaka 10 zifite agaciro ka miliyari 10 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage benbshi ntibashinganisha imitungo yabo n’ibikorwa byabo kubera ngo nta makuru aba ahagije baba bafite ku buryo ubwishingizi bukora, kuko baba bakeka ko buhenda kandi umuntu ashobora gushinganisha ibye ku mafaranga y’u Rwanda atageze ku gihumbi.
Mufti w’u Rwanda, Kayitare Ibrahim, aravuga ko kuba u Rwanda rufatwa nk’icyitegererezo mu bindi bihugu bituruka ku buyobozi bwiza burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, agasanga ingingo y’101 y’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ikwiye kuvugururwa akongera akiyamamariza kuyobora u Rwanda.
Bamwe mu bitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku cyakorwa kugira ngo abasivili bari mu bihugu birimo imvururu n’intambara barindirwe umutekano, bagaragaje amakosa y’imiryango mpuzamahanga n’ibihugu mu kurengera abaturage.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga barasaba abiyamamaza ku mwanya wa Senateri ugomba gusimbura uwahoze ari Senateri Bizimana Jean Damascene yazita ku mategeko atakigendanye n’igihe no gushishoza ku mategko ashobora kugira ingaruka zitari nziza ku baturage.
Senateri Bajyana Emmanuel arakangurira abayobozi b’Akarere ka Musanze kurushaho kwegera abaturage kugira ngo basobanukirwe ko na bo bafite uruhare bagomba kugira ngo bikemurire ibibazo biba bibugarije igihe cyose badateze amaboko Leta ko ari yo ibikora.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gisagara baratangaza ko hagaragara ibintu bitandukanye bikurura amakimbirane mu ngo, muri byo hakaba harimo no kwishyingira abantu bakiri bato bisigaye bigaragara mu rubyiruko.