USA: Urupfu rwa George Floyd rukomeje guteza impagarara (Amafoto)

Abantu batatu basize ubuzima mu myigaragambyo mu Mujyi wa Indianapolis, muri Leta zunze ubumwe za Amerika aho barashwe amasasu nk’uko byatangajwe na Randal Taylor, Umuyobozi wa Polisi muri ako gace. Basabye abaturage gusubira mu ngo mu gihe iperereza rigikomeza.

Ibyuka biryana mu maso byatewe abigaragambya mu Mujyi wa Atlanta (Georgia)
Ibyuka biryana mu maso byatewe abigaragambya mu Mujyi wa Atlanta (Georgia)

Abigaragambya baramagana urupfu rw’umugabo w’umwirabura witwa George Floyd, wishwe n’umupolisi w’umuzungu amutsikamije ivi ku ijosi.

Biteganijwe ko George Floyd, umwirabura wishwe n’umupolisi mu Mujyi wa Minneapolis, ashyingurwa kuri iki cyumweru. Arashyingurwa mu Mujyi yavukiyemo wa Houston muri Leta ya Texas. Abigaragambya bakaba ari benshi muri uwo mujyi kuva kuwa gatandatu tariki 30 Gicurasi, kugeza mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 31 Gicurasi 2020.

Hagati aho imyigaragambyo irakomeje, aho abigaragambya bakajije umurego, batwika amamodoka, bagatwika inzu zikora ubucuruzi bunyuranye ndetse bagasahura ibirimo. Byabaye ngombwa ko hitabazwa abasirikare kugira ngo baze gufasha abapolisi bananiwe guhosha imyigaragambyo mu mijyi inyuranye.

Umukwabu washyizweho uvuga ko abantu bagomba kuba bageze mu ngo zabo saa mbili z’ijoro ntaho wubahirijwe, ahubwo abigaragambya bagiye biyongera cyane mu masaha y’umugoroba. Bigaragambya basaba ubutabera kuri George Floyd, basaba ko Dereck Chauvin yahamwa n’icyaha cyo kwica abigambiriye, ndetse n’abandi bapolisi batatu bari kumwe bagakurikiranwa mu mategeko.

Mu gihe Perezida Trump avuga ko iyi myigaragambyo igiye guhagarara mu buryo bwihuse, abigaragambya bo bavuga ko biteguye kuguma mu muhanda igihe cyose bizaba ngombwa.

Dore amwe mu mafoto n’uko byifashe hirya no hino muri Amerika:

Nubwo hashyizweho umukwabu wo gutaha saa mbili z'ijoro, abigaragambya baraye mu mihanda ijoro ryose. Aha ni mu Mujyi wa Louisville (Kentucky)
Nubwo hashyizweho umukwabu wo gutaha saa mbili z’ijoro, abigaragambya baraye mu mihanda ijoro ryose. Aha ni mu Mujyi wa Louisville (Kentucky)
Minnesota, abaturage bazaniye abigaragambya ibyo kurya
Minnesota, abaturage bazaniye abigaragambya ibyo kurya
Imodoka zatwitswe n'abigaragambya
Imodoka zatwitswe n’abigaragambya
Mu Mujyi wa Los Angeles, California, abigaragambya basaba ko abirabura bagira amahoro
Mu Mujyi wa Los Angeles, California, abigaragambya basaba ko abirabura bagira amahoro
Barasaba ubutabera kuri Floyd
Barasaba ubutabera kuri Floyd
"I can't brethe" (sinshobora guhumeka), ijambo rya nyuma Floyd yavuze
"I can’t brethe" (sinshobora guhumeka), ijambo rya nyuma Floyd yavuze
Washigton imbere y'ibiro bya Perezida Trump, na ho abigaragambya barahari
Washigton imbere y’ibiro bya Perezida Trump, na ho abigaragambya barahari
Barasaba ko ubuzima bw'abirabura buhabwa agaciro
Barasaba ko ubuzima bw’abirabura buhabwa agaciro

Inkuru zijyanye na: George Floyd

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka