Umuyobozi w’ikirenga wa Iran Ayatollah Ali Khamenei hagati y’inyundo n’ibuye ry’umucuzi
Intambara yarose hagati ya Iran na Amerika ifatanyije n’umukunzi wayo wo mu mbere Isiraheli kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, 28 Gashyantare.
Misile zikomeye zarashwe mu bice bitandukanye bya Iran muri rusange, hakaba n’ifoto yagaragajwe n’ibinyamakuru byo muri Amerika, ivuga ko urugo rwa Ayatollah Ali Khamenei rwarashwe rugahinduka umusaka.
Ibinyamakuru byatangiye kwandika imitwe y’inkuru igira iti "Ese Ayatollah yapfuye, cyangwa yarusimbutse?’
Hagati aho, Iran nayo yakomeje kwihimura irasa kuri Isiraheli misile ziremereye, ibinyamakuru bikaba bivuga ko ikirere cya Isiraheli kiri kumvikanamo amajwi y’urujya n’uruza y’akarumbeti kaburira abatuye Yeruzalemu ngo bihishe igihe Misile ya Iran zoherejwe.
Ibisasu bimira izo misile nabyo ngo ubu biri gukora akazi gakomeye.
Ibnyamakuru byo muri Isiraheli byo byavuze ko Ayatollah yishwe, ariko Minisitiri w’intebe wa Iran asubiza agira "jyewe icyo nzi nuko Ayatollah ariho, ameze neza."
Hagati aho, ibihugu byamaze gufata ibyemezo birebana n’umutekano, haba ku ngendo mpuzamahanga, haba no ku baturage babo mu bihugu by’abafatanyabikorwa b’ingenzi ba Amerika, dore ko Irani yatangiye kubyihimuraho.
RwandAir yahagaritse ingendo ebyiri z’indege, zijya i Doha muri Qatar n'i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) nyuma y’ibitero Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zagabye kuri Iran kuri uyu wa Gatandatu.
RwandAir kandi yavuze ko abagenzi bari baguze amatike ajya muri… pic.twitter.com/2MYRhVb6JA
— Kigali Today (@kigalitoday) February 28, 2026
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|