Umubyeyi wa Prezida wa Uganda yitabye Imana

Umubyeyi wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yitabye Imana, kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, ahagana saa moya za mugitondo aguye mu Bitaro Mpuzamahanga bya Kampala aho yari arwariye.

Nk’uko itangazo rituruka mu biro bya Prezida wa Uganda ribivuga, Prezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ni we watangaje ko se umubyara witwa Amos Kaguta yitabye Imana afite imyaka imyaka 96, igihe cyo kumuherekeza mu cyubahiro kizamenyeshwa mu gihe kiri imbere.

Nyakwigendera Amos Kaguta. Imana imuhe iruhuko ridashira.
Nyakwigendera Amos Kaguta. Imana imuhe iruhuko ridashira.

Nyakwigendera asize abana batatu barimo imfura ye Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Gen. Caleb Akandwanaho uzwi ku izina rya Salem Saleh na Dr. Violet Froerich Kajubiri; nk’uko ikinyamakuru The New Vision kibitangaza.

Umusaza Kaguta yari azwi nk’umuntu urangwa n’imico myiza n’ubupfura mu mibereho ye ya buri munsi. Mu buzima busanzwe, Amos Kaguta yakundaga korora aho yari atunzwe ubushyo bwinshi bw’inka.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Imana imuhe iruko ridashira

vestine yanditse ku itariki ya: 13-03-2013  →  Musubize

Mu buhanuzi buheruka gutangwa harimo n’urupfu rw’uyu musaza. Umuriro ugiye kwaka! Wait u will see!

UBUHANUZI yanditse ku itariki ya: 23-02-2013  →  Musubize

Imana imwakire mu bayo!

Irenee Irenado yanditse ku itariki ya: 22-02-2013  →  Musubize

Yabyaye umugabo ukomeye anamuha uburere bwo gukunda abantu harimo Abanyarwanda. Imana imwakire.

yanditse ku itariki ya: 22-02-2013  →  Musubize

" Basima wagenze "

Baraje bagutake
Karahava !

yanditse ku itariki ya: 22-02-2013  →  Musubize

Imana imuhe iruhuko ridashyira

Pastor RUTIKANGA Gabriel yanditse ku itariki ya: 22-02-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka