Ukraine yavanyeho ‘visa’ ku bantu bose bifuza kujya kuyifasha kurwana n’Abarusiya

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yasinye iteka riha ikaze umuntu wese ku Isi wifuza gutabara icyo gihugu mu ntambara kirimo kurwanamo n’u Burusiya.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ku rugamba
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ku rugamba

Zelenskyy yashyize umukono kuri iryo teka rikuriraho abanyamahanga visa (uruhushya rwo kwinjira mu gihugu), rikaba ryatangiye gukurikizwa guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Werurwe 2022, kuzageza igihe kitazwi.

Ibinyamakuru bitandukanye ku isi birimo icyitwa Business Standard, bivuga ko Iteka Zelenskyy yashyizeho ari iry’agateganyo kuzageza igihe hazashyirwaho Itegeko ndakuka.

Leta ya Ukraine ivuga ko abanyamahanga barimo kujya kuyifasha mu ntambara irwanamo n’u Burusiya, bashyiriweho uburyo bwo kubakirira mu mutwe udasanzwe wiswe ’International Defense Legion’.

Ibihugu bitandukanye ku Isi na byo byiyemeje guha Ukraine ibikoresho izifashisha muri iyi ntambara hamwe n’amafaranga, ari na ko bifatira imitungo y’u Burusiya n’abayobozi babwo, ndetse no kubuza Abarusiya ingendo n’ihererekanya ry’amafaranga ari mu mabanki yabo hirya no hino ku isi.

Mu banyamahanga bamaze kwinjira muri iyo ntambara harimo abaturuka mu gihugu cya Tchétchénie, ndetse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri Radio y’Abafaransa, RFI, yatangaje ko hari babiri bapfuye n’abandi batandatu bakomerekeye muri iyo ntambara.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 11 )

Arikose turukia irigufasha ikraine ngotwizereko byababigiye guhinduka namerika ntikwiriye kurebera nigerageze itabare.

ntahobari stiven yanditse ku itariki ya: 5-03-2022  →  Musubize

NTAGO NAJYAYO BAFITE IRONDARUHU BABAGE BIFASHE.

Gi yanditse ku itariki ya: 2-03-2022  →  Musubize

Ibyo Putin Ari gukoranamahano gusa nibabiahoboka ababifitiye ububasha bakoruko bashoboye bagafasha ukren mukaga irimo birababaje biteye agahinda ririya nihohoterwa rikomeye ariko perezida Putin azabiryozwe pe

Munyaneza Gilbert yanditse ku itariki ya: 2-03-2022  →  Musubize

Ibyo Putin Ari gukoranamahano gusa nibabiahoboka ababifitiye ububasha bakoruko bashoboye bagafasha ukren mukaga irimo birababaje biteye agahinda ririya nihohoterwa rikomeye ariko perezida Putin azabiryozwe pe

Munyaneza Gilbert yanditse ku itariki ya: 2-03-2022  →  Musubize

Wimanye Visa ikigendwa none uyitanze nabahari bakwiriye imishwaro nayihe Biden bamushutseko azamufasha nahame hamwe bamwotse nabandi biringiye america barebereho

Butare yanditse ku itariki ya: 2-03-2022  →  Musubize

Twiteguye gutabara icyo gihugu rwose nibashake uko mutwoherereza indege dutabare kabsa

Hope yanditse ku itariki ya: 2-03-2022  →  Musubize

icyo gihugu giteye agahinda kbs tubonye uko tujyayo twagenda

Bobo bugesera yanditse ku itariki ya: 2-03-2022  →  Musubize

Nanjye ndi ready baduhe uko bizagenda gusa

Claude yanditse ku itariki ya: 2-03-2022  →  Musubize

Ubuse ko nifuza kujya gutabara kiriya gihugu, ubu ahubwo turagerayo gute? mudushakire amakuru neza, niba haruburyo bwo kugerayo.

Dismas yanditse ku itariki ya: 1-03-2022  →  Musubize

More details if you want join them,thx

Alias yanditse ku itariki ya: 1-03-2022  →  Musubize

Volodymyr Zelensky twatabara cg tukabyita nkumusanda ariko
ntago dufite ubushobo bwa tugeza aho kand turi big team .Kigali today yatumenyesha bikunze

MURAKOZE

rukundo yves yanditse ku itariki ya: 1-03-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka