Uganda: Ebola ikomeje gufata indi ntera

Minisiteri y’Ubuzima muri Uganda yavuze ko habonetse abandi bantu 34 banduye icyorezo cya Ebola, kandi ngo ishobora kuba imaze guhitana abantu 21.

Abashinzwe ibikorwa by’ubuzima bakomeje gushakisha abantu bashobora kuba barahuye n’abo bapfuye.

Icyorezo cya Ebola cyongeye kwaduka muri Uganda gihereye mu karere ka Mubende mu cyumweru gishize, none ubu cyamaze kugera no mu bindi bice by’igihugu ariko kugeza ubu nta bwandu buragaragara mu murwa mukuru Kampala, nk’uko amakuru abivuga.

Ni ku nshuro ya kane icyorezo cya Ebola cyibasira Uganda. Inzego z’ubuzima mu bihugu bituranye na Uganda zamaze gushyiraho ingamba zo kwirinda ku buryo bushoboka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka