U Bwongereza: Umuforomo wakoreweho igerageza ry’urukingo rwa Covid-19 asanga rushobora kuboneka mu Gushyingo 2020

Umuforomo wa mu Kigo cy’ubuvuzi mu Bwongereza wakoreweho igerageza rw’urukingo rwa Covid-19 muri Oxford, avuga ko urukingo rushobora kuba rwabonetse mu kwezi k’Ugushyingo uyu mwaka wa 2020.

Joan Pons Laplana, yemeye kuba umukorerabushake mu gukorerwaho igerageza rw’urukingo rwa Coronavirus rutegurirwa muri Kaminuza ya Oxford, avuga ko urukingo rushobora kuba rwabonetse ku itariki 3 Ugushyingo 2020.

Uwo muforomo wari mu bashinzwe guhangana na Coronavirus ahitwa Sheffield mu Bwongereza, avuga ko ubu afite ubuzima bwiza, kandi ko afite n’abasirikare benshi b’umubiri.

Ngo mu ntangiriro z’igerageza ry’urwo rukingo, hari bamwe mu baryitabiriye bamererwaga nabi, bakababara umutwe ariko bahabwa umuti witwa ‘Paracetamol’ bakamererwa neza.

Uwo muforomo ubundi ufite inkomoko muri Espagne yabwiye ikinyamakuru The Spanish nurse Telecinco, ati “Nta kimenyetso na kimwe nigeze ngira, ubu barampima buri cyumweru, icyagaragaye ni uko abasirikare b’umubiri biyongereye ndetse n’utunyangingo twa ‘T’ ( T cells)”.

Laplana wigeze kuba umuforomo w’umwaka mu Bwongereza, avuga ko urukingo rwa Coronavirus rushobora kuba rwabonetse ku itariki 3 Ugushyingo 2020 nyuma yo kurangiza igerageza ryarwo, nubwo iyo tariki itaratangazwa ku mugaragaro n’abahanga mu bya siyansi ndetse n’impuguke mu buvuzi.

Yavuze ko abashakashatsi barimo bategura gutangira icyiciro cya 4 (Phase 4) cy’igerageza ryo kwa muganga ry’urwo rukingo ari na ryo rya nyuma, ariko inkingo zo zatangiye gukorwa.

Ubu rugiye kugeragezwa bwa nyuma ariko rugomba kubanza kwemerwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, mbere y’uko abayobozi n’abahanga mu bya siyansi bo mu Bwongereza batangira kuzikwirakwiza.

Uwo muforomo avuga ko yemeye kwitabira igikorwa cyo gukorerwaho igeragaza ry’urukingo rwa Coronavirus nyuma yo kubona ingaruka zikomeye icyo cyorezo cyagize ku barwayi be.

Avuga ko Coronavirus ishobora kuzibasira abantu ku nshuro ya kabiri, akaba yarabwiye ikinyamakuru kitwa Nursing Times ko impamvu yemeye kwitabira iryo gerageza ari ukugira ngo icyo cyorezo kirangire.

Yagize ati “Impamvu nakoze ibi, ni uko nabonye ko kugira ngo iyi virusi irangire, nta bundi buryo buhari uretse urukingo. Mba numva ari amahirwe nabonye yo kugira ngo ngire uruhare muri iryo gerageza kuko n’ubundi nari naremeye kujya mu rugamba rwo kurwanya Coronavirus ndi mu b’imbere.

Kujya mu barwanya Coronavirus, ni ibintu utamenya uko usobanura, numvaga mpangayitse cyane, mbese byari bivanze, numvaga ari ishema rivanze no guhangayika n’ubwoba byose”.

Ibyo uwo muforomo avuga bije mu gihe umuyobozi uhagarariye itsinda ry’abakora ubushakashatsi kuri urwo rukingo rwa Coronavirus muri Kaminuza ya Oxford ‘Oxford Vaccine Group’, Professor Andrew Pollard, we yavuze ko urukingo rushobora kugezwa imbere y’abarwemeza burundu mu mpera z’uyu mwaka wa 2020.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka