PAM iratabariza Madagascar kubera inzara ituma bamwe barya ibyondo

Igihugu cya Madagascar muri iyi minsi cyibasiwe n’amapfa atarigeze abaho mu myaka 40. Ayo mapfa yateje inzara idasanzwe kugeza ubwo hari abaturage barya ibyondo nk’uko raporo z’imiryango itandukanye zibigaragaza.

Agace ka Sinahamaro kibasiwe cyane, byaye ngombwa ko imiryango mpuzamahanga ibanza kubagemurira ibiribwa bihiye mu rwego rwo kuzanzamura abanegekaye
Agace ka Sinahamaro kibasiwe cyane, byaye ngombwa ko imiryango mpuzamahanga ibanza kubagemurira ibiribwa bihiye mu rwego rwo kuzanzamura abanegekaye

Imiryango nka Amnesty International ndetse n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ibiribwa (PAM) yongeye kuvugako amahanga ari kwirengagiza ikibazo cy’inzara idasanzwe itarigeze ibaho mu myaka 40, yaturutse ku mapfa akomeye yugarije ibice byose mu majyepfo y’igihugu.

Umuyobozi mukuru wa PAM, David Beasley uherutse gusura ibyo bice, yavuze ko nta mfashanyo ibasha kugera muri ako karere aho abantu ibihumbi 500 by’abaturage ngo bakeneye inkunga yihutirwa ariko byumwihariko irimo n’ibiribwa bitetse kuko abantu biganjemo abakuze n’abana bashobora gupfa ari benshi bitewe n’ibyo yiboneye.

Yavuze ko yatunguwe cyane n’ibyo yabonye mu Majyepfo ya Madagascar ahagaragara abana n’abakuru bananutse ku rwego rudasanzwe, abarenzwe n’imirire mibi, aho imiryango irya ibyondo n’imbuto z’igihingwa cyitwa ‘cactus’ kizwiho kwihanganira izuba ariko ngo na cyo nta kindi gitanga uretse amazi, kuko nta kindi cyo kurya bafite.

Imbuto z'iki giti cyitwa cactus ngo bapfa kuzirya kuko badafite ibindi biryo. Iki giti gikunze kuboneka mu bice by' ubutayu. Kibika amazi abantu batanywa ahubwi ubusanzwe afatwa nk'umuti w'amatungo
Imbuto z’iki giti cyitwa cactus ngo bapfa kuzirya kuko badafite ibindi biryo. Iki giti gikunze kuboneka mu bice by’ ubutayu. Kibika amazi abantu batanywa ahubwi ubusanzwe afatwa nk’umuti w’amatungo

Bwana Beasley yavuze ko iki kibazo cyatewe n’imihindagurikire y’ikirere, n’icyorezo cya covid-19. Ayo mapfa yatumye imiryango myinshi ihunga ingo zayo, ayo mapfa akaba amaze imyaka myinshi yibasira icyo gihugu n’ubusanzwe kidafite ubukungu buhagaze neza.

Yavuze ko ibihugu byo mu karere n’ibihugu bikomeye bigomba kwihutira gufasha. Ubusanzwe iyo batabariza igihugu cyugarijwe n’inzara ngo ntibaca igikuba, ariko ubu ngo ntibisanzwe, ako gace kakaba ngo gakeneye ubutabazi bwihuse n’ubwo ibihugu byinshi na byo ubukungu bwabyo bwazahaye, ibindi bikaba bikomeje guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka