Ntiturwanya igihugu, turarwanya ubutegetsi - Nangaa

Umuhuzabikorwa wa AFC, Corneille Nangaa, yatangaje ko batarwanya igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ahubwo barimo kurwanya ubutegetsi butagize icyo bumarira abaturage.

Corneille Nangaa avuga ko AFC itarwanya igihugu ahubwo irwanya ubutegetsi bwacyo
Corneille Nangaa avuga ko AFC itarwanya igihugu ahubwo irwanya ubutegetsi bwacyo

Nangaa uhakana gufashwa n’u Rwanda, avuga ko ari Umunyekongo kandi n’abo bafatanyije urugamba ari Abanyekongo bafite aho bakomoka. Avuga ko bashaka gukuraho ubutegetsi buriho bakubaka igihugu.

Agira ati "AFC/M23 dushaka gukuraho ubutegetsi butagize icyo bumariye abaturage, dushaka gushyiraho ubutegetsi bushakira imirimo urubyiruko rukava mu bushomeri. Dushaka ubutegetsi buhuza abanyagihugu, ubutegetsi buha abaturage ibyo bakeneye nk’ibikorwa remezo."

Ku kibazo cyo kugabanyamo igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ibice, Nangaa avuga ko badashaka gucamo igihugu ibice ahubwo bashaka kubaka igihugu cy’Abanyekongo bashyize hamwe kandi biteza imbere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka