Ndimo ndasengera Leta Zunze Ubumwe za Amerika - Papa Francis

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, yatangaje ko arimo gusengera Leta zunze ubumwe za Amerika zikomeje kugaragaramo imvururu ziterwa n’abanze kwakira ko Perezida Donald Trump yatsinzwe mu matora aheruka kuba muri icyo gihugu.

Papa Francis
Papa Francis

Papa Francis avuga ko ibitero abashyigikiye Trump baherutse kugaba ku Ngoro y’Inteko Ishinga amategeko biteye impungenge, akaba yaboneyeho no gusabira abasize ubuzima muri ibyo bitero.

Ubutumwa uwo mushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi yatangaje kuri iki Cyumweru tariki 10 Mutarama 2021 buvuga ko imvururu nta kiza zizana ahubwo zirasenya kandi zikagira ingaruka cyane cyane ku baziteje. Ati “Ndashishikariza abantu bose kurangwa n’umuco wo gukorera hamwe no gufatanya kubaka icyiza.”

Imvururu zadutse ku nyubako ‘Capitol’ ikoreramo abagize Inteko Ishinga Amategeko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagabweho ibisa n’igitero tariki 06 Mutarama 2021, ubwo imitwe yombi y’inteko yari yateranye ngo yemeze burundu Perezida Joe Biden watowe.

Abapolisi bahanganye bikomeye n'abigaragambya bashakaga kwinjira mu Ngoro y'Inteko Ishinga Amategeko
Abapolisi bahanganye bikomeye n’abigaragambya bashakaga kwinjira mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko

Abantu batanu bahasize ubuzima barimo abantu bane mu bateje izo mvururu bashyigikiye Donald Trump ndetse n’umupolisi umwe mu bacungaga umutekano kuri iyo nyubako.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Muli Amerika hari ibibazo bikomeye kubera TRUMP wanga kurekura ubutegetsi.Gusa ntabwo nizera amasengesho ya Paapa.Urugero,Paapa Yohana Paul II aza mu Rwanda muli 1990,yasengeye u Rwanda,ndetse arapfukama asoma ubutaka,byitwa ko "aduhaye umugisha".Nyamara amaze kugenda,nibwo intambara yatangiye,irangizwa na genocide.Byerekana ko Imana itumvise amasengesho ye.Ikindi ntemera,nuko yitwa Nyirubutungane,nyamara ijambo ry’Imana rivuga ko nta ntungane ibaho,keretse imana yonyine.Kwiyita intungane,imana ibifata nk’ubwirasi.Birayibabaza.

mahame yanditse ku itariki ya: 11-01-2021  →  Musubize

Nabandi bategetsi bakomeze bafashe Amerika!

rasisi yanditse ku itariki ya: 10-01-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka