Mozambique: Ingabo z’u Rwanda zahaye ibikoresho abanyeshuri

Inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zatanze ibikoresho ku banyeshuri 1000 birimo amakaye, amakaramu n’ibitabo mu mashuri 4, harimo ishuri ryisumbuye n’iribanza rya Trinta de Junho yo mu turere twa Mocimboa da Praia na Palma.

Abanyeshuri bahabwa ibikoresho n'Ingabo z'u Rwanda
Abanyeshuri bahabwa ibikoresho n’Ingabo z’u Rwanda

Umuyobozi wa Mocimboa da Praia, Cheia Carlos Momba na Faisal Idrice Ndemanga ushinzwe uburezi, bashimye iyo nkunga bagaragaza ko izafasha mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Lt Col Guillaume Rutayisire, umuyobozi w’inzego z’umutekano muri Mozambique akaba anashinzwe ubufatanye hagati y’igisirikare n’abaturage, yavuze ko n’ubwo umutekano ugenda ugaruka ari ingenzi no guteza imbere imibereho y’abaturage, cyane ko imibereho n’ubufasha biba bikenewe buri gihe mu bice byazahajwe n’intambara.

Ibikoresho bahawe ngo bizabafasha kuzamura ireme ry'uburezi
Ibikoresho bahawe ngo bizabafasha kuzamura ireme ry’uburezi

Amashuri yo mu karere ka Mocimboa da Praia yari yarafunze imiryango, kuva mu mwaka wa 2020 ubwo inyeshyamba zagabaga ibitero muri iyo ntara ya Cabo Delgado, aza kongera gufungura imiryango muri Mutarama uyu mwaka wa 2023, kubera ko umutekano urimo kugenda ugaruka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Turashimira ingabo z’u Rwanda igikorwa cyiza nkiki zakoze gihesha icyubahiro n’isura nziza kugihugu cyacu. ikiruta byose umutima wurukundo wogufasha abari mukaga. God bless you!

IRADUKUNDA jmv yanditse ku itariki ya: 14-02-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka