Mousa Faki Mahamat yasabye ko ibikorwa bihungabanya umutekano muri RDC bihagarara

President wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat, ahangayikishijwe n’ibibazo by’umutekano bikomeje kurushaho kwiyongera hagati ya Repubulika y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).

Moussa Faki Mahamat, President wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe
Moussa Faki Mahamat, President wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Mu itangazo ryaturutse ku cyicaro cy’umuryango wa Africa Yunze Ubumwe, Bwana Mahamat yasabye ko bahagarika byihuse ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro, n’ibya gisirikare muri RDC, bifite aho bihuriye no kubangamira u Rwanda na RDC.

Perezida wa Komisiyo ya Africa Yunze Ubumwe, Moussa Faki, yaboneyeho gusaba ibihugu byombi kugirana ibiganiro n’imishyikirano ya kivandimwe yari isanzwe ibiranga, binyuze mu bikorwa bisanzwe bibahuza mu rwego rw’akarere, by’umwihariko nk’ibiherutse gutangirwa na Perezida wa Angola, João Lourenço, akaba na Perezida w’Inama mpuzamahanga y’akarere k’Ibiyaga bigari (CIRGL), ndetse n’ibiganiro by’amahoro bya Nairobi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka