Misiri: Hashyizweho itegeko rirengera umwirondoro w’abagore bahohotewe

Inteko Ishinga Amategeko ya Misiri yemeje itegeko rishya rirengera umwirondoro w’abagore bashyira ahagaragara ubuhamya bwabo ku ihohotera rishingiye ku gitsina bakorerwa.

Ubushakashatsi bugaragaza ko mu Misiri, imibare y’abagore bahohoterwa ikomeza kuzamuka ariko abenshi bakaba batabivuga batinya ko babizira, baramutse babishyize ahagaragara.

Umushinga w’iri tegeko rishya wari watangajwe mu kwezi gushize kwa Nyakanga nyuma y’uko hakozwe ubukangurambaga ku mbuga nkoranyambaga, aho umunyeshuri w’umuhungu yashinjwaga gutoteza no guhohotera abagore benshi, uyu muhungu akaba yaraje no gutabwa muri yombi.

Ibi byatumye abagore benshi bigaragambya banatanga ubuhamya bwabo ku ihohoterwa bakorewe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka