Magufuli wari Perezida wa Tanzania yashyinguwe

Uwari Perezida wa Tanzania, John Pombe Magufuli, kuri uyu wa 26 Werurwe 2021, ku isaha ya saa kumi n’iminota mirongo itanu z’umugoroba, ni bwo isanduku irimo umubiri we yamanuwe mu mva, aho yaherekejwe n’abantu benshi.

Magufuli yashyinguwe
Magufuli yashyinguwe

Magufuli yashyinguwe iwe muri Chato mu Ntara ya Geita, gushyingurwa kwe kwaherekejwe n’amarira n’agahinda kenshi k’abamukunda bari baje kumuherekeza no kumusezeraho bwa nyuma.

Magufuli yitabye Imana ku itariki 17 Werurwe 2021, aguye mu bitaro bya Mzena mu Mujyi wa Dar Salaam, aho yavurirwaga indwara y’umutima nk’uko byatangajwe n’uwamusimbuye ku butegetsi, Perezida Samia Suluhu, icyo gihe wari Visi Perezida.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka