M23 yamaze gufata Goma, imipaka irafungurwa

Imipaka ihuza Goma na Gisenyi yongeye gufungurwa abantu bari baheze i Goma bataha mu Rwanda, nyuma y’uko uyu mujyi ufashwe na M23.

M23 yamaze gufata Goma
M23 yamaze gufata Goma

Abashoferi n’abacuruzi 47 ni bo ba mbere binjiye mu Rwanda, nyuma y’uko M23 ifashe umujyi wa Goma. Abaganiriye na Kigali Today bavuga ko ingabo za FARDC zirimo kwishyikiriza M23.

Umwe yagize ati "Imana ishimwe twinjiye mu Rwanda ubu twongeye kubaho, hariya twari tuzi ko turi bugweyo."

Abinjiye mu Rwanda bavuga ko barimo kunyura ku ngabo za FARDC, zirimo kwitanga nyuma yo gutsindwa.

Abari baraheze i Goma bagiye guhita binjira mu Rwanda
Abari baraheze i Goma bagiye guhita binjira mu Rwanda

Amasasu makeya arumvikana mu mujyi ariko ubuzima butangiye kugaruka, kuko hari abaturage batangiye kujyana ibicuruzwa mu mujyi wa Goma, umaze igihe mu ntambara abantu badasohoka.

M23 ifashe umujyi wa Goma ifite inshingano zo kugarura umutekano no kwambura intwaro imitwe yose yari yarazihawe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ifite inshingano kandi zo gufasha umujyi kongera kubona amazi meza n’umuriro bimaze igihe bitari mu mujyi wa Goma.

M23 irahita yihutira gushyira ibintu mu buryo, imirimo ikongera igakorwa ndetse ubuzima bukagaruka mu mujyi wa Goma.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Yoooo! Aba congo mwihangane, bigende gutyo

Patrick yanditse ku itariki ya: 29-01-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka