Kenya: Leta irateganya gufungura amashuri mu ntangiriro za 2021

Mu gihe ibihugu byinshi bigihanganye n’icyorezo cya covid-19 cyatumye za Leta zifata icyemezo cyo gufunga amashuri igihe cyitazwi, igihugu cya Kenya kiri mu bya mbere byatangaje ko umwaka w’amashuri wa 2020 wabaye impfabusa.

Minisitiri w’Uburezi muri Kenya George Magoha, yavuzeko bateganya gufungura amashuri mu kwezi kwa Mutarama mu mwaka utaha wa 2021, ariko yongeraho ko byakorwa gusa mu gihe coronavirus yaba ikomeje kugenza amaguru make.

Minisitiri Magoha yongeyeho ko amashuri makuru na za kaminuza bishobora gufungura imiryango mbere y’igihe giteganijwe, avuga ko gufungura amashuri biri mu inyungu z’umunyeshuri.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko icyorezo gisa n’ikiri gucisha make ugereranyije n’imibare iyi Minisiteri iri kugaragaza y’abanduye bashya, aho yiteze ko abarwayi bazagabanuka ku kigereranyo cya 5% mu gihe cy’ibyumweru bibiri biri imbere kugira ngo hemezwe ko igihugu cyitakiri mu murongo utukura w’icyorezo.

Mu cyumweru gishize, OMS na UNICEF zavuze ko Leta zishobora gutangira kurekura abanyeshuri bari mu ngo bagasubira ku ishuri, ariko bigakorwa hakozwe inyigo y’umwihariko ijyanye n’ubwirinzi bwo kurwanya ikwira ry’icyorezo mu banyeshuri.

Iyi miryango yombi ivugako za Leta zishobora guhugira ku rugamba rwa covid-19, nyamara zigahomba ikiragano cy’abantu b’ahazaza, kuko mu gihe amashuri afunze abana bari mu ngo.

Ikinyamakuru Daily Nation kivuga ko kugeza magingo aya, Kenya ibarura abantu barenga ibihumbi 32,557 banduye icyorezo harimo abashya 193 bagaragaye ku wa kabiri, mu gihe covid-19 imaze guhitana abandi 554 harimo abashya batandatu bapfuye ku wa wa kabiri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka