Byemejwe ko Raphael Yanyi wayoboye urubanza rwa Vital Khamerhe yishwe akubiswe ikintu ku mutwe

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Minisiteri y’Ubutabera yatangaje ko umucamanza Raphael Yanyi byavugwaga ko yazize indwara y’umutima, ahubwo yishwe atewe ibyuma mu mutwe.

Ibi ni ibyatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera Célestin Tunda ya Kasende kuwa kabiri tariki 16 Kamena, avuga ko raporo ya kabiri ya muganga yemeje ko yishwe no kuba yaraviriye imbere mu bwonko.

Minisitiri Tunda yagize ati “Isuzuma rya muganga ryakozwe mu bice bibiri. Imwe yarebaga ku bice by’inyuma ku mubiri, indi ireba imbere aho umuntu atabonesha amaso. Raporo ya kabiri yemeje ko Raphael Yanyi Ovungu yaviriye imbere mu bwonko, nyuma yo gukubitwa ikintu gikomeye ku mutwe”.

Yavuze ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abamwishe, ndetse bagezwe imbere y’ubutabera. Yasabye abaturage gutuza ndetse no kubaha umuryango wa Raphael Yanyi, yizeza ko abacamanza bose bakora akazi kabo neza badaha agaciro ababatera ubwoba ku manza baca.

Raphael Yanyi yishwe mu gihe yari ayoboye urubanza rwa Vital Khamerhe na bagenzi be, bashinjwa kunyereza agera kuri miliyoni 50 z’amadorari ya Amerika, yari agenewe kubaka inzu rusange.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka