Arikiyepiskopi wa Kampala yasanzwe mu cyumba cye yapfuye

Arikiyepiskopi wa Arikidiyoseze ya Kampala, Cyprian Kizito Lwanga, bamusanze mu cyumba cye yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 3 werurwe 2021, nk’uko byanditswe mu kinyamakuru ’Daily Monitor’ cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru.

Arikiyepiskopi Cyprian Kizito Lwanga witabye Imana
Arikiyepiskopi Cyprian Kizito Lwanga witabye Imana

Inkuru y’urupfu rwa Arikiyepiskopi Lwanga yatangajwe na Kiliziya Gatolika yo mu mujyi wa Kampala.

Mu itangazo ryashyizweho umukono na Fr Pius Ssentumbwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, yavuze ko uwo wihaye Imana noneho yamuhamagaye.

Yagize ati "N’umubabaro mwinshi, ndabamenyesha ko Umushumba wacu twakundaga, Arikiyepiskopi wa Arikidiyoseze ya Kampala nyiricyubahiro Dr Cyprian Kizito Lwanga yahamagawe n’Imana. Lwanga yasanzwe mu cyumba cye yapfuye mu gitondo cy’uyu munsi. Turasaba ngo Imana ishobora byose kandi igira imbabazi imuhe iruhuko ridashira".

Muri iryo tangazo bongeyeho ko "Ibindi bizakurikiraho bizatangazwa nyuma".

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

umuntu aravuka,agakura agapfa ikibi n’ugupfana ibyaha, Cpryan Imana imwakire mu bayo

vincent yanditse ku itariki ya: 6-04-2021  →  Musubize

Yapfiriye kimwe na Prof.wigishaga muli UR kandi bapfa kimwe. URUPFU,ni inzira ya twese.Ariko nk’abakristu,ntitugatinye urupfu.Tujye twemera tudashidikanya na busa yuko abantu bose bapfa bakoraga ibyo Imana ishaka kandi batiberaga mu byisi gusa,izabazura ku munsi wa nyuma ikabaha ubuzima bw’iteka muli Paradizo.Ni Yesu ubwe wabivuze muli Yohana 6,umurongo wa 40.Aho kutabyemera cyangwa gushidikanya,dukore kugirango tubeho,tubifatanye no gushaka cyane Imana,kugirango izatuzure kuli uwo munsi utari kure.Roho idapfa yahimbwe n’umugereki witwaga Socrates utaremeraga Imana dusenga.

biseruka yanditse ku itariki ya: 3-04-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka