AFC/M23 yihanganishije ababuriye ababo mu gitero cyiswe icy’iterabwoba

Ihuriro AFC / M23 ryihanganishije abaturage b’i Bukavu nyuma y’igitero cyiswe icy’iterabwoba cyagabwe ku mbaga yari iteraniye mu biganiro byahuje abaturage n’ubuyobozi bwa AFC/M23.

Ubuyobozi bwa AFC/M23 buravuga ko icyo gitero cyateguwe na Perezida Félix Tshisekedi n’abo bafatanyije umugambi w’ubugizi bwa nabi.

AFC/M23 iravuga ko icyo gitero cyaguyemo abantu benshi barimo n’abari muri uwo mugambi mubisha, babiri muri bo bakaba bafashwe, hakaba hakomeje gushakishwa n’abandi bafatanyije.

Itangazo rya AFC/M23 riravuga ko amabwiriza yo kugaba icyo gitero yatanzwe Perezida Félix Tshisekedi ubwo yagiranaga ibiganiro n’uwahoze ari Guverineri wirukanywe i Bukavu.

AFC/M23 yavuze ko icyo gitero byanze bikunze kizagira ingaruka ku bagiteguye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

m23 izakomeza mpaka igeze ku ntego zayo kandi turayisyigikiye nkabanyarwanda

James yanditse ku itariki ya: 28-02-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka