Abarimo ibyamamare bakomeje kwihanganisha Tanzania nyuma y’urupfu rwa Magufuli
Abantu batandukanye hirya no hino ku isi barimo ibyamamare bakomeye gutanga ubutumwa bugaragaza uko bakozwe ku mutima n’urupfu rwa Perezida Magufuli wa Tanzania, witabye Imana ku wa Gatatu tariki 17 Werurwe 2021, bunihanganisha icyo gihugu.

Abatanze ubutumwa, barimo abahanzi, abanyaplitiki n’abandi ariko bakanagaragaza uko bakozwe ku mutima n’urupfu rw’uwo muyobozi, bamwe muri ni aba bakurikira:
Raila Odinga
Mu batanze ubutumwa harimo Raila Odinga, Umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kenya.
Odinga yohereje ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango wa Perezida Magufuli ndetse n’Abanyatanzania muri rusange, avuga ko yababajwe n’urupfu rwa Dr John Magufuli, asobanura ko yamugaragarije ubufatanye bukomeye ndetse akanamufasha mu gihe yari amukeneye.
Odinga yagize ati “ Nababajwe cyane no kumva inkuru y’urupfu rwa Perezida John Magufuli. We n’umuryango we, bari abantu ba hafi cyane kuri njye by’igihe kirekire. Perezida Magufuli yabanye nanjye mu bihe bigoye mu buzima bwanjye, nihanganishije umuryango we ndetse n’Abatanzania muri rusange”.
Cyril Ramaphosa
Undi watanze ubutumwa bwo kwihanganisha Tanzania ni Cyril Ramaphosa, Perezida wa Afurika y’Epfo. Abinyujije kuri Twitter yavuze ko amaze kuvugana na Visi Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, kugira ngo amwihanganishe.
Perezida Ramaphosa yagize ati “Igihugu cya Afurika y’Epfo cyifatanyije na Guverinoma ya Tanzania n’Abanyatanzania bose mu kababaro batewe n’urupfu rwa Perezida John Magufuli. Navuganye na Visi Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan, ntanga ubutumwa bwo kubihanganisha muri iki gihe gikomeye barimo”.
Boris Johnson
Minisitri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yagize ati “ Nababajwe cyane n’urupfu rwa Perezida wa Tanzania, Dr John Magufuli, nifatanije n’umuryango we, abantu be ba hafi, ndetse n’Abanyatanzania bose muri iki gihe gikomeye”.
Bobi wine
Mu bandi batanze ubutumwa bwo kwihanganisha Tanzania harimo Umunyapolitiki wo muri Uganda uherutse kwiyamamariza kuyobora icyo gihugu ahagarariye ishyaka rya ‘National Unity Platform’, Robert Kyagulanyi uzwi cyane ku izina rya Bobi Wine.
Abinyujije kuri twitter yagize ati “Umutima wanjye wakozweho cyane n’inkuru y’urupfu rwa Perezida wa Tanzania John Magufuli, nihanganishije Abanyatanzania bose kubera ibi byago bikomeye”.
Zitto Kabwe
Hari kandi Zitto Kabwe, Umuyobozi w’ishyaka ryo muri Tanzania rya ‘Chama cha ACT- Wazalendo’. Abinyujije kuri Twitter nawe yihanganishije Abanyatanzania kubera urupfu rwa Perezida Magufuli.
Yagize ati “Kuri telefoni, navuganye na Visi Perezida wa Tanzania, Mama Samia Suluhu Hassan, ndamwihanganisha kubera urupfu rw’uwahoze ari Perezida wa Tanzania, John Magufuli”.
Jose Chameleon
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Uganda uzwi nka Jose Chameleon nawe yihanganishije Abatanzaniya.
Yagize ati “Nifatanyije n’abandi kwisi mu kunamira Perezida wa Tanzaniya John Pombe Magufuli witabye Imana. Aruhukire mu mahoro y’iteka ryose. Nihanganishije Abanyatanzaniya bose”.
Inkuru zijyanye na: Magufuli
- Umugaba w’Ingabo za Tanzaniya afitiye ibanga Perezida mushya yabwiwe na Magufuli
- Magufuli arashyingurwa kuri uyu wa Gatanu
- Magufuli yateje imbere umubano w’u Rwanda na Tanzaniya - Minisitiri Ngirente
- Abayobozi baturutse mu bihugu 17 baje gusezera bwa nyuma kuri Magufuli
- Umubyigano w’abasezera Magufuli ushobora gukomerekeramo benshi
- Itegeko Nshinga rya Tanzania riteganya iki ku gusimbura Perezida wapfuye?
- Perezida Kagame: Tubabajwe n’urupfu rwa Perezida Magufuli
- Perezida Kenyatta yashyizeho icyunamo kubera urupfu rwa Magufuli
- Perezida wa Tanzania Dr John Pombe Magufuli yitabye Imana
Ohereza igitekerezo
|
Kigali today murabagabo 2 muratunezeza