Gen Oligui Nguema yarahiriye kuyobora Gabon

Gen Brice Clotaire Oligui Nguema uherutse guhirika ubutegetsi muri Gabon, yarahiriye kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’inzibacyuho, umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 4 Nzeri 2023.

Perezida w'inzibacyuho wa Gabon arahira
Perezida w’inzibacyuho wa Gabon arahira

Brice Oligui Nguema yahiritse ubutegetsi bwa mubyara we, Ali Bongo Ondimba, tariki 30 Kanama 2023.

Ali Bongo yahiritswe hashize amasaha make Komisiyo y’amatora itangaje ko yatsindiye manda ya gatatu, nyuma y’imyaka 14 yari amaze ku butegetsi.

Nguema yarahiye kuri uyu wa Mbere ku nyubako ikoreramo Umukuru w’Igihugu mu murwa mukuru, Libreville.

Yavuze ko azihatira kurinda Itegeko shingiro ryashyizweho n’agatsiko ka gisirikare kahiritse ubutegetsi.

Ni umuhango wayobowe n’abacamanza b’Urukiko rurinda Itegeko Nshinga, havuyemo Umuyobozi mukuru warwo wakuwe mu nshingano.

Mu bitabiriye kandi harimo abahoze muri Guverinoma ya Ali Bongo, Abadipolomate, abasirikare n’abandi bayobozi mu nzego zitandukanye.

abitabiriye umuhango wo kurahira
abitabiriye umuhango wo kurahira

Nguema yavuze ko icyatumye bahirika ubutegetsi ari uko amatora yari yakozwe ameze nk’ikinamico, abasirikare bakabona ko nta bundi buryo bwo gukiza igihugu uretse gukuraho Ali Bongo.

Yijeje ko agiye gushyiraho Guverinoma nshya mu minsi ya vuba, hagategurwa Itegeko Nshinga rishya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka