Sudan y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda ziri gusuzuma abaturage indwara zitandura

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro, zazindukiye mu bikorwa by’ubuvuzi burimo gusuzuma indwara zirimo izitandura, Malaria na virusi itera Sida.

Ni igikorwa kiri gukorwa n'Ingabo z'u rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y'Epfo
Ni igikorwa kiri gukorwa n’Ingabo z’u rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo

Ni igikorwa kirimo gukorwa n’Ingabo z’u Rwanda ziri mu gace ka Durupi muri Sudani y’Epfo.

Iki gikorwa cyo gupima indwara kirajyana no gutanga ubuvuzi n’imiti ndetse n’ubujyanama, kikaba kiri kuba kuri uyu wa Gatanu tariki 18 ukwakira 2024.

Ibi ni ibikorwa bisanzwe biranga Ingabo z’u Rwanda aho ziri hose, aho usanga usibye kurinda umutekano w’abaturage, zigira n’uruhare mu iterambere ryabo ririmo ubuvuzi, ibikorwa remezo, uburezi n’ibindi.

Muganga w'amaso arimo gusuzuma abaturage indwara y'amaso
Muganga w’amaso arimo gusuzuma abaturage indwara y’amaso

Ibi bigaragazwa kandi n’ubuyobozi bwa UNMISS, akenshi butangaza ko abaturage bo muri Sudani y’Epfo bagize umugisha wo kuba barinzwe n’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bwa UNMISS, kuko zakomeje kubafasha mu bikorwa by’ubuzima birimo no kurushaho kwirinda no kurwanya Malariya ikunze guhitana benshi muri icyo Gihugu.

Mu bikorwa bijyanye n’ubuzima Ingabo z’u Rwanda zikunze gukora kandi, harimo gutanga inzitiramibu n’ibindi bikoresho ndetse n’ubukangurambaga bwo kwirinda kwandura n’ikwirakwira rya Malaria ndetse na Virus itera Sida.

Abaturage bishimira ibikorwa bagezwaho n'Ingabo z'u Rwanda, bibafasha mu mibereho yabo myiza
Abaturage bishimira ibikorwa bagezwaho n’Ingabo z’u Rwanda, bibafasha mu mibereho yabo myiza

Amafoto: RBA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka