Perezida Nyusi yasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda
Yanditswe na
KT Editorial
Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda, aho yari amaze iminsi asura ibikorwa bitandukanye mu gihugu.

Perezida Kagame ubwo yasezeraga kuri Perezida Nyusi
Ku isaha y’isaa Saba zo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21 Nyakanga ni bwo Perezida Kagame yamuherekeje ku kibuga cy’indege cya Kanombe.
Perezida Nyusi utaricaye mu minsi yamaze mu Rwanda, uretse gusura ibikorwa bitandukanye mu gihugu, birimo icyanya cyahariwe inganda giherereye i Masoro, urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ikigo gishinzwe guteza imbere udushya mu ikoranabuhanga (KLab), ingoro y’umwami yo mu Rukali i Nyanza agasoreza ku mupaka muto wa Rubavu, yanagiranye ibiganiro na Perezida Kagame.
Ibihugu byombi byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bya politiki no mu bikorwaremezo.
Inkuru zijyanye na: Mozambique
- Abanyafurika bagomba gufungurirwa imipaka bagakoresha amahirwe bafite - Perezida Nyusi
- U Rwanda na Mozambique byiyemeje kuba urugero rw’ubufatanye muri Afurika
- Perezida Nyusi yunamiye inzirakarengane zishyinguye mu rwibutso rwa Kigali
- U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo
- Perezida Kagame yakiriye Perezida wa Mozambique waje mu ruzinduko rw’iminsi itatu
Ohereza igitekerezo
|