Gitifu w’Umujyi wa Kigali yirukanwe ku kazi

Sagashya Didier wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali yirukanwe ku mirimo ye, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2017.

Sagashya Didier yahoze ayobora ikigo cy'igihugu cy'imiturire. Ubu yirukanywe yari umunyamabanga nshingwabikorwa w'Umujyi wa Kigali
Sagashya Didier yahoze ayobora ikigo cy’igihugu cy’imiturire. Ubu yirukanywe yari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali

Uyu muyobozi yahagaritswe n’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali, nyuma yo kumubonaho amakosa adakwiye kwihanganirwa, nk’uko Me Rutabingwa Athanase uyobora Njyanama yabitangarije itangazamakuru.

Yavuze ko Sagashya yakoresheje abakozi babiri yayoboraga bagaca amwe mu madosiye y’Umujyi wa Kigali arebana n’ubugenzuzi bw’imyubakire mu Mujyi wa Kigali, abo bakozi bakaba bari gukorwaho iperereza n’ubugenzacyaha.

Sagashya kandi ngo ntiyakoranaga ntiyakoranaga neza n’inzego z’ubuyobozi z’Umujyi wa Kigali ahubwo ngo yazigaragarizaga agasuzuguro mu bikorwa bya buri munsi.

Yagize ati "Hari ibyo yakoraga atagishije inama abandi bayobozi, ugasanga afitemo gusuzugura abamuyobora.Twasanze iyo migirire yamungaga imikorerere y’umujyi, dusanga umujyi utatera imbere abantu bakora gutyo, twanzura ko yirukanwa.”

Sagashya yahoze ayobora Ikigo cy’Igihugu cy’imiturire ’Rwanda Housing Authority’. Yahavuye ajya kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali Rangira Bruno yemeje ayo makuru, avuga ko amakuru arambuye aza gutangwa n’Umuyobozi wa Njyanama y’Umujyi wa Kigali Rutabingwa Athanase.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Muramurangije kweri. Kwirukana?

gitigu yanditse ku itariki ya: 16-11-2017  →  Musubize

Imigirire idahesha isura nziza abanyarwanda ikwiye kwamaganirwa kure. N’abandi bayobozi bafite ingeso zidakwiriye bage bashimirwa bike bakoze maze basezererwe kuko abafite umutima wo gukora neza no gukorana neza n’abandi atari abo urwanda rugishakisha. Thx

Murava J.Nepo yanditse ku itariki ya: 15-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka