Umuteguro nk’uw’ubukwe ku byumba by’amatora (Amafoto)

Abanyarwanda basaga miliyoni icyenda kuri uyu wa mbere tariki 15 Nyakanga 2024, babyukiye mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite bazayobora Igihugu mu iterambere cyimirije imbere rya 2030.

Ku byumba by'amatora hatatswe nk'ahabera ibirori by'ubukwe
Ku byumba by’amatora hatatswe nk’ahabera ibirori by’ubukwe

Mu gihugu hose, hashyizweho ahantu hatorerwa hagera ku 2453 hatatse nk’ubukwe, uhereye ku muhanda uyobora aho batorera, kugera mu cyumba cy’itora.

Mu Kinyarwanda, ahagiye kubera ubukwe, hagaragazwa n’insina ebyiri ziteye ku mpande zombi, akaba ari cyo kimenyetso n’ubundi cyashyizwe ahatorerwa.

Uramutse ubibonye ntaho bitandukaniye n'imitako y'ibirori by'ubukwe
Uramutse ubibonye ntaho bitandukaniye n’imitako y’ibirori by’ubukwe

Iyo ugeze ahatorerwa, naho uhasanga umuteguro w’ubukwe nk’aherekana umuhora, cyangwa se korodoro icamo abageni, ndetse hari n’abayobora aho bagiye gutorera, bakenyeye bya Kinyarwanda.

Aha kandi hagaragara ibijyanye n’imihango yo gusaba, harimo ibisabo, ibiseke ndetse n’indi miteguro y’umuco Nyarwanda.

Aha ni nko kuri site ya ULK mu Murenge wa Gisenyi, mu karere ka Rubavu, intara y’uburengerazuba.

Amasite atandukanye hirya no hino mu Gihugu yateguwe mu buryo buryoheye ijisho
Amasite atandukanye hirya no hino mu Gihugu yateguwe mu buryo buryoheye ijisho

Abatora baza bafashwa n’indirimbo z’ababishinzwe batoranyirijwe uyu murimo. Hamwe na hamwe banateganyije akantu ko kwica isari.

Nko mu Murenge wa Cyuve, akagari ka Rwebeya, ahitwa Gashangiro ho, abayobozi b’umudugudu banateguye icyayi n’amandazi, bikaba ari ibyakozwe bitanzweho inkunga n’abaturage ubwabo.

Mu Murenge wa Cyuve, akagari ka Rwebeya, ahitwa Gashangiro ho, abayobozi b'umudugudu banateguye icyayi n'amandazi
Mu Murenge wa Cyuve, akagari ka Rwebeya, ahitwa Gashangiro ho, abayobozi b’umudugudu banateguye icyayi n’amandazi

Umuyobozi w’uyu mudugudu yagize ati: “Kubera uburyo abantu bazindutse, byabaye ngombwa ko dutegura uburyo tubafasha kugira ngo batagwa isari hano, kandi bari mu gikorwa cyo guha igihugu abayobozi.”

Mu karere ka Kayonza ho, abamaze gutora bahabwaga imineke, dore ko igitoki ari kimwe mu bihingwa biteye imbere muri kariya karere.

Imbere muri site z'itora ni uku hatatswe
Imbere muri site z’itora ni uku hatatswe
Hari aho abakorerabushake b'amatora baje bakenyeye
Hari aho abakorerabushake b’amatora baje bakenyeye
Hari n'aho bateguye abakaraza
Hari n’aho bateguye abakaraza
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka