Dukurikire:

Irembo  →  Amatora

Uko byari byifashe ku bakandida bahanganye n’uwa FPR-Inkotanyi (Amafoto)

Yanditswe na KT Editorial 15-07-2017 - 18:11'  |   Ibitekerezo ( 6 )

Frank Habineza w’ishyaka "Democratic Green Party of Rwanda" na Mpayimana Philippe abakandida biyamamariza kuyobora u Rwanda bakomeje ibikorwa byabo byo kwiyamamaza kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 Nyakanga 2017.

Frank Habineza

Frank Habineza yibamamarije mu Karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kanjongo, aho yakiriwe n’abantu babarirwa mu 150. Yahageze mu ma saa 10h30 mu gitondo asanganirwa n’abayoboke b’ishyaka rye.

Frank Habineza bwo yiyamamarizaga i Nyamasheke
Frank Habineza bwo yiyamamarizaga i Nyamasheke

Yabwiye abitabiriye icyo gikorwa ko naramuka atorewe kuyobora u Rwanda icya mbere azakora ari ukubungabunga umutekano mu Ntara y’Iburengerazuba ukunze guhungabanywa n’abantu bava hanze y’igihugu.

Yakomeje avuga ko azashyiraho icyogajuru kirinda umutekano w’u Rwanda n’indege za "Drones" zifasha ingabo kurinda umutekano.

Frank Habineza yabwiye abaturage b’i Nyamasheke ko azabaha ubwato buzajya bubafasha ingendo zo mu kiyaga cya Kivu no kubakorera umuhanda wa Kaburimbo wa Cyato-Kanjongo.

Mpayimana Philippe

Mpayimana Philippe yagombaga kwiyamamariza mu Karere ka Ruhango mbere ya saa sita. Guhera saa mbiri za mu gitondo yagombaga kwiyamamariza muri Ntongwe akahava ajya mu murenge wa Ruhango ariko saa munani zageze atarahagera.

Mpayimana Philippe aho yagombaga kwiyamamariza mu Ruhango ntiyahageze
Mpayimana Philippe aho yagombaga kwiyamamariza mu Ruhango ntiyahageze

Mu ma saa cyenda yatangarije umunyamakuru wa Kigali Today ko atakiyamamariije mu Karere ka Ruhango. Yahise akomereza i Nyanza. Naho yagombaga kuhiyamamariza kuri uwo munsi.

Aho i Nyanza yiyamamarije mu mudugudu wa Nyanza, Akagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza. Yakiriwe n’abantu babarirwa muri 40.

Yavuze ko naramuka atorewe kuyobora igihugu azashinga ikigo gishakira abantu akazi kikazajya cyita ku bashomeri.

Nyuma yo kutiyamamariza mu Ruhango, yatangaje ko amatariki yo kwiyamamaza hirya no hino mu gihugu yahindutse. Yavuze ko impamvu zatumye ahindura amatariki azayitangariza abanyamakuru mu gihe kiri imbere.

Mpayimana Philippe aho yiyamamarije i Nyanza
Mpayimana Philippe aho yiyamamarije i Nyanza
Mpayimana ubwo yasesekaraga i Nyanza agiye kwiyamamaza
Mpayimana ubwo yasesekaraga i Nyanza agiye kwiyamamaza

Ibitekerezo   ( 6 )

Abantu bose bafite ubwinyagamburiro.ahubwo bamaze kumenya ukuri aho kuri.ntibabyigishwa kuko ibikorwa bihari biravuga

Alias yanditse ku itariki ya: 16-07-2017  →  Musubize

Ubwinyagamburiro burahari,ahubwo abantu bazi ukuri nyako

Alias yanditse ku itariki ya: 16-07-2017  →  Musubize

Ubwinyagambure buracyari bucye, abantu batinya kuvuga, ibibarimo...

Mpirikanyi yanditse ku itariki ya: 16-07-2017  →  Musubize

ibyo twagezeho na FPR birahagije ngo bitwerekeko tuzagera no kubyisumbuyeho. umutekano dufite urahagije , kandi twatangiye no kwihangira imirimo ica ubushomerri tubifashijwemo ni shyaka FPR. RERO abakandida bose ntagishya ahubwo barimo gushyigikira FPR

alias yanditse ku itariki ya: 16-07-2017  →  Musubize

NI BYIZA FPR OYEEEEE

ALIAS yanditse ku itariki ya: 15-07-2017  →  Musubize

Turabishimiye hano inyamashek turabashyigikiye oyeeeee

ishimwe yanditse ku itariki ya: 15-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Live Reporting

Election Tweets

Copyright © 2024 Kigali Today. All Rights Reserved.