Nakoreye abaturage nk’umuyobozi w’Akarere wungirije, ndifuza kubakorera ndi mu Nteko- Uwamariya
Uwamariya Marie Claire, wahoze ari Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Musanze, umwe mu bakandida Depite mu bagore bahatanira imyanya 30%, aravuga ko mu byamuteye kwiyamamaza ari ugushaka uburyo bwagutse bwo gukomeza gukorera Igihugu afasha abaturage.

Uwo mukandida uri mu bahagarariye Umujyi wa Kigali, uzaba afite numero ya 14 ku rupapuro rw’itora, avuga ko inzego z’ubuyobozi yakozemo zagiye zimuhuza n’abaturage batandukanye, ubwo bunararibonye bukazamufasha kubakorera ubuvugizi mu Nteko Ishinga Amategeko.
Ati “Nakoreye abaturage ndi Umuyobozi wungirije w’akarere, ndi kubakorera ndi mu Nteko Ishinga Amategeko, muri izo inzego z’ubuyobozi nanyuzemo, hari ibibazo abaturage bagiye bangezaho, ngerageza kubishakira ibisubizo ariko hakaba n’ibyo bangezagaho nkaba numva aho nshobora kubitanga bigahabwa umurongo, ari mu Nteko Ishinga Amategeko”.
Uwamariya kandi ubunararibonye bwe abushingira ku bumenyi afite, aho yaminuje mu bijyanye n’imibanire y’abantu, akaba abifitemo impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza (Masters).

Yabaye na Komiseri ushinzwe uburezi mu Muryango Uharanira Ubwigenge, Agaciro n’Iterambere ry’Umunyafurika (Rwanda Panafrican Movement).
Ikindi ngo cyamuteye kwiyamamariza Ubudepite, ni ishyaka ryo gukorera Igihugu cye, ati “Ikindi cyanteye kwiyamamaza, nuko mfite ishyaka ryo gukunda Igihugu cyanjye kandi nkaba n’umva nshaka gukomeza gutanga umusanzu mu kucyubaka”.
Yavuze kandi ko akunda imiyoborere ya Paul Kagame, wayoboye urugamba rwo kubohora Igihugu no guhagarika Jenoside, akomeza no guteza Igihugu imbere aharanira kuzamura imibereho y’abaturage n’iterambere ryacyo, akaba ngo yifuza gukorana nawe.

Uwo mukandida wakoze ubushakashatsi bujyanye n’imirimo yo mu rugo, avuga ko yifuza ko iyo mirimo ihabwa agaciro karuse ako ihabwa kugeza ubu, aho usanga umugore wiriwe mu rugo akora akazi kenshi, ariko agafatwa nk’inkora busa.
Abakandida batandukanye bari kwiyamamariza mu Mujyi wa Kigali mu cyiciro cy’abagore, ni Hashimwimana Jeannette, Umubyeyi Adeline, Kanyange Phoibe, Umutoni Alice, Mukacondo Joyce, Kakuze Jesca, Gihana Donatha, Nyinawumuntu Gloriose, Nyiransabimana Florence, Uwingabire Liliane, Mukamurara Ernestine, Uwambaje Ernestine, Nyiramakomari Emerienne, Murorunkwere Marie Chantal, Uwera Ndabazi Liliane na Uwamariya Marie Claire.

Ohereza igitekerezo
|
Wapi weho turakuzi,aho wavuye wahavuye urangije Manda!Ntacyo wadufashije na Mudugudu bazabukwime.Pu
Wowe wiyise za Xxxxxx urabeshya bigaragara ko utanamuzi ngo yagize ate? Uzi ko rubanda musebanya ntimunashimishwe n ibyiza abandi bakora. Uramubeshyeye kandi ndakugaye.
Marie Claire ni umuyobozi mwiza. Njye natangiye gukorera I Musanze muri 2019 ari Vice Mayor. Yatwakiranye urugwiro ateza imbere uburezi kuko ni bwo nakoragamo.
Biba byiza kuvuga umuntu uko ari
GATABAZI yari yagukoze ubwo nawe yahuye nigikuta wenda bizacamo courage !!!@@@
Gatabazi sha. Umuntu wese wangaga ibyo ashaka ntibyamugwaga amahoro. Abagore cyane cyane.
Kugotora ni ukwiteganyiriza abakoranye nawe turakuzi uburyo udatinya. Uburyo uzi gufata ibyemezo uburyo wavuganira abaturage ntabwo tubishidikanyaho.
Uyu mubyeyi turamuzi mukarere yakoze ibintu bikomeye cyane kujya mu nteko arabikwiye rwose.
Uyu mubyeyi muzi ari Vice Mayor ndetse ari na commissioner wa commission ya Education muri PAM. Ni umugore uzi ubwenge. Ni umugore ukunda igihugu kandi akitanga ngo kigire isura nziza no mu ruhando rw amahanga. Njye nzamutora.
Hari inama aherutse kuyobora ahantu igenda neza cyane. Ni umunyarwandakazi usobanutse pe.
Arashoboye cyane ni ukuyamuhundagazaho no 14 Uwamariya Marie claire