Dukurikire:

Irembo  →  Amatora

‘Media Center’ izatuma abanyamakuru babona amakuru y’umwimerere ku matora

Yanditswe na Jean Claude Munyantore 11-07-2017 - 12:48'  |   Ibitekerezo ( )

Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC), itangaza ko igiye gushyiraho uburyo yise ‘Media Center’ buzajya bufasha buri munyamakuru kubona amakuru y’umwimerere ajyanye n’amatora.

Abayobozi barimo Minisitiri Busingye
Abayobozi barimo Minisitiri Busingye

Byatangajwe na Charles Munyaneza, Umunyamabanga nshingwabikorwa wa NEC, ubwo yari mu kiganiro gisanzwe kibaho gihuza abanyamakuru na Polisi y’igihugu kigamije imikoranire myiza y’izo nzego zombi, kuri uyu wa 11 Nyakanga 2017.

Icyo kiganiro cyibanze ku matora, cyanitabiriwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Jonhston Busingye, abakuriye inzego z’itangazamakuru n’abandi bayobozi banyuranye.

Charles Munyaneza yavuze ko mbere ibirebana n’amatora byatangarizwaga kuri Radiyo na Televiziyo by’igihugu gusa none ngo byahindutse.

Yagize ati “Mu gutangaza ibyavuye mu matora n’ibindi bijyanye, tuzashyiraho icyo twise Media Center tuzajya tunyuzamo amakuru ajyanye n’amatora kandi abanyamakuru bose bakaba bahafite uburenganzira igihe cyose babishatse.

Mbere twabivugiraga kuri Televiziyo na Radiyo by’igihugu, abandi banyamakuru bakumvira aho, ubu si ko bizagenda”.

Yongeraho ko bagiye gushyiraho itsinda ry’abantu bazajya bageza amakuru ku banyamakuru ku gihe, kandi bakayabona ari umwimerere nta handi bayakuye uretse kuri NEC.

Media Center izoroshya uburyo bwo kubona amakuru y'amatora
Media Center izoroshya uburyo bwo kubona amakuru y’amatora

Yakomeje avuga ko abanyamakuru bagomba kumenya amategeko y’amatora kugira ngo hatazagira utangaza ibitari byo.

Ati “Umunyamakuru agomba kumenya amategeko n’amabwiriza agenga amatora bityo ajye atangaza ibyo azi neza yanasuzumye, kugira ngo atayoba cyangwa se ngo ayobye abamwumva”.

Yongeraho ko ikindi umunyamakuru agomba kumenya muri iki gihe cy’amatora, ari Politiki igihugu kigenderaho kuko amatora adapfa gukorwa nta cyo ashingiyeho.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Live Reporting

Election Tweets

Copyright © 2024 Kigali Today. All Rights Reserved.