Dukurikire:

Irembo  →  Amatora

Kagame azashyigikira iterambere rishingiye ku burezi

Yanditswe na KT Editorial 18-07-2017 - 15:58'  |   Ibitekerezo ( 2 )

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yavuze ko muri manda itaha azongera ibikorwa biganisha ku burezi, cyane cyane mu Karere ka Muhanga aho yiyamamarije.

Yabitangarije Abaturage bo mu Karere ka Muhanga, aho yasoreje ibikorwa byo kwiyamamaza byo kuri uyu wa kabiri tariki 18 Nyakanga 2017.

Yagize ati “Igikorwa cyo ku ya 4 Kanama ni igikorwa cy’ubumwe. Twese tugakomeza kugendera hamwe ntawe dusize inyuma. Abana bacu bige, buri Munyarwanda ashobore kugira umurimo akora, yihaze kandi agerweho n’amajyambere.”

Yavuze ko ashishikajwe kandi n’uko buri Munyarwanda wese agira umutekano, kandi agahahirana n’abaturanyi bo mu bihugu by’abaturanyi mu bwisanzure.

Yasoje abasaba kubakira ku byagezweho kugira ngo u Rwanda rugere ku iterambere rwifuza.

Ibitekerezo   ( 2 )

KAGAME OYE!E

ALIAS yanditse ku itariki ya: 18-07-2017  →  Musubize

POUL KAGAME OYEEE!!!
EJO MURI BUGESERA.

ALIAS yanditse ku itariki ya: 18-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Live Reporting

Election Tweets

Copyright © 2024 Kigali Today. All Rights Reserved.