Dukurikire:

Irembo  →  Amatora

Kagame arajwe ishinga no kugabanya ikinyuranyo hagati y’abakene n’abakire

Yanditswe na KT Editorial 16-07-2017 - 11:33'  |   Ibitekerezo ( 4 )

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yavuze ko nubwo ubuzima bw’Abanyarwanda bwabaye bwiza, hakiri aho butaringaniye bikaba ari bimwe yiyemeje kuzahangana nabyo muri manda itaha.

Umukandida wa FPR- Inkotanyi mu Karere ka Nyamagabe.
Umukandida wa FPR- Inkotanyi mu Karere ka Nyamagabe.

Kagame avuga ko yishimira kuba ubuzima bw’Abanyarwanda bwarahindutse bugana aheza ariko akavuga ko hari abo bwihuse guhinduka kurusha abandi.

Ariko akiyemeza ko icyo agambiriye mu myaka iri imbere ari ukugabanya iyo ntera.

Yagize ati “Ubuzima bwacu twese bwarahindutse. Tugomba gukora ku buryo nta n’umwe dusiga. Iterambere ryihute kuri bose. Gutora Umukandida wa FPR nibyo bizaduha kwihutisha ubuzima bumeze neza, umutekano n’ubukungu.”

Yongeyeho ati “Gutora Umukandida wa FPR bizaduha gusazisha abasaza bacu neza, abana bagire ubuzima bwiza.”

Yabitangarije mu gikorwa cyo kwiyamamaza ku munsi wa gatatu yakomereje mu Karere ka Nyamagabe, kuri iki cyumweru tariki 16 Nyakanga 2017.

Yavuze ko ushaka kumva neza amateka y’umukandida wa FPR akwiye gusubiza amaso inyuma mu myaka 23 ishize, kugira ngo amenye ko byose bishoboka.

Yabemereye kuzongera umubare w’abagerwaho n’amashanyarazi, kugira ngo n’abo iterambere ritarageraho ryihute. Ati “Turashaka kwihutisha iterambere, turabasaba kumva neza ubufatanye tubashakaho.”

Yavuze ko igihe cyo kwita Nyamagabe Akarere k’abatebo cyarangiye, kuko iterambere ryahageze rizakomeza no kuhagera. Ati “Imihanda ihuza Nyamagabe n’utundi turere igiye gukorwa mu gihe cya vuba”

Ibitekerezo   ( 4 )

Ko umushahara wa Mwalimu utavugwaho.Niba twarashoboye ibyo abandi batashobora.Mutuel,ubudehe,Girinka,ubumwe nubwiyunge kuki ikibazo cy’umushahara muke nako utariho kitava mu nzira muri iyi mandat .your Excellence niba unyumva rwose renganura intore z’indemyabigwi

Kiki yanditse ku itariki ya: 17-07-2017  →  Musubize

Ko umushahara wa Mwalimu utavugwaho.Niba twarashoboye ibyo abandi batashobora.Mutuel,ubudehe,Girinka,ubumwe nubwiyunge kuki ikibazo cy’umushahara muke nako utariho kitava mu nzira muri iyi mandat .your Excellence niba unyumva rwose renganura intore z’indemyabigwi

Kiki yanditse ku itariki ya: 17-07-2017  →  Musubize

Umusaza arashoboye rwose ikibazo cy’ikinyuranyo hagati y’abakire n’abakene kiri mu bisigaye mu Rda ubona ko dusa n’abadafite classe moyenne pee.abakize barakize cyane abandi bari hasi cyane ubwo rero banyarda ntimuzantenguhe amajwi tuzayahundagaze kuri muzehe wacu agikemure vuba

Claudine yanditse ku itariki ya: 17-07-2017  →  Musubize

Ikibazo cya pansiyo ihabwa abari mu kiruhuko cy’izabukuru cyari kibabaje, azagishakire umut!i

BAZATSINDA yanditse ku itariki ya: 16-07-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Live Reporting

Election Tweets

Copyright © 2024 Kigali Today. All Rights Reserved.