Frank Habineza
Habineza yiyamamarije mu Karere ka Ngororero n’aka Kamonyi. Yahereye muri Ngororero, yakirirwa n’abaturage babarirwa muri 300.

Imigabo n’imigambi yabagejejeho ni imwe nk’iyo asanzwe ageza ku baturage, aho ajya kwiyamamaza hose.
Gusa ariko ab’i Ngororero yababwiye ko natorerwa kuyobora u Rwanda azakora ku buryo amazi y’umugezi wa Nyabarongo asa neza.
Yahavuye akomereza mu Karere ka Kamonyi yakirwa n’abaturage bagera ku 1000.
Nta gishya yahavugiye kuko ibyo yabwiye abaturage baho byose bisa n’ibyo abwira abandi aho ajya kwiyamamaza hose birimo kuzamura ubuhinzi no kugaburira abana ku ishuri.





Mpayimana Philippe
Mpayimana yiyamamarije mu Karere ka Kirehe, Ngoma na Kayonza. Muri Kirehe yahereye, yakiriwe n’abaturage bagera kuri 400.

Yahavuye akomereza mu Karere ka Ngoma naho yakirwa n’abaturage bagera ku 100. Yahavuye akomereza mu Karere ka Kayonza.
Muri ako karere yamaze igihe kitagera no ku minota 30. Yiyamamarije ku muhanda yakirwa n’abantu bagera kuri 70.
Muri two turere twose yababwiye imigabo n’imigambi imeze kimwe. Irimo kugeza amazi meza ku baturage bose.








Ohereza igitekerezo
|
Nibakomeze biyamamaze gusa mwakosora nta mirenge ya Runda na Gihara ibaho habaho umurenge wa Runda ukagira akagali kitwa Gihara.Thx