Frank Habineza
Frank Habineza yiyamamarije mu Karere ka Kirehe n’aka Ngoma. Mu Karere ka Kirehe yahageze mu masaha ya mbere ya saa sita yakirwa n’abanyeshuri biga mu mashuri abanza babarirwa muri 150 n’abaturage babarirwa muri 60.

Yabwiye abanyakirehe ko naramuka atorewe kuyobora u Rwanda azabaha umuhanda wa kaburimbo uhuza Kirehe n’ibihugu baturanye mu rwego rwo koroshya ubuhahirane.
Akimara kuvuga imigabo n’imigambi ye yahise akomereza mu Karere ka Ngoma. Yahageze saa 15h30 yakirwa n’abanyamurango b’ishyaka rye “Democratic Green Party of Rwanda” n’abandi baturage bose babarirwa mu 100.
Yabwiye abatuye Ngoma ko naramuka atorewe kuyobora u Rwanda azakuraho imisoro. Ati “Amafaranga yavaga kuri iyo misoro ntago tuzabura aho tuyakura."
Akomeza avuga ko natorwa azashyigikira Mitiweri ariko ngo ikore neza kurushaho ku buryo azashyiraho ikigega gifasha abayifite kwivuza bakabona imiti myiza nk’abandi bafite ubundi bwishingizi.

Kubera iyo mpamvu ngo azanashyiraho ikigo nderabuzima muri buri kagari anashyigikire abavuzi gakondo.









Mpayimana Philippe
Mpayimana Philippe yiyamamarije mu Karere ka Rusizi na Nyamasheke. Muri Rusizi yahageze mu masaha ya mu gitondo yakirwa n’abaturage babarirwa muri 60.
Abanyarusizi nabo yababwiye ko naramuka atowe azashyiraho ikigo gifasha abashomeri kubona imirimo anagabanye inyungu amabanki yaka ku nguzanyo.

Mpayimana yijeje abaturage b’i Rusizi ko azabafasha kubona imirima y’ibishanga akazanongera imishahara mu nzego z’ibanze mu rwego rwo guca ruswa.
Avuye i Rusizi, yakomereje kwiyamamaza i Nyamasheke. Yiyamamarije hafi y’ibiro by’ako karere ariko abura abantu biba ngombwa ko afata impapuro zanditseho ubutumwa bwe agenda aziha abaturage mu nzira.





Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ko mbona bata umwanya wabo wubusa kko bashetse ikindi bakora ko uyobora urwanda yamaze gutorwa kd unarubereye nawundi numukandida wa FRR inkotanyi