Musanze: Abana 28 b’imfubyi bahawe inzu ifite agaciro ka miliyoni 300

Abana 28 b’imfubyi ndetse n’abatawe n’ababyeyi bakiri impinja, bahawe inzu ifite agaciro k’amafaranga miliyoni 300, mu murenge wa Gacaca, akarere ka Musanze.

Iyi nzu yahawe izina rya ‘New Hope Home,’ cyangwa se inzu yo kugarura ikizere, yatanzwe na Chantal Mbanda, akaba yarayubatse mu nkunga yahawe n’abaterankunga nyuma yo kugaragaza umushinga yari amaranye igihe wo kubakira abana badafite aho baba.

Madame Mbanda, avuga ko ubwo yari avuye muri Amerika mu 2005 yashatse guhita atangira umushinga we yari afite wo kubakira abana bo kumuhanda n’abandi badafite aho baba icumbi, cyakora ngo amikoro akaba ariyo abura, kugeza ubwo abaterankunga bemeye kumufasha.

Bamwe mu bana bagiye kujya baba muri ino nzu.
Bamwe mu bana bagiye kujya baba muri ino nzu.

Uyu mubyeyi usanzwe ufite abana batatu, avuga ko afite abana 31, kuko bose ababona nk’abana be, ku rugero rumwe n’urwo abo yibyariye kuko abarera, akabambika, akabagaburira, akabamenyera ko bafite amashuri n’ibindi umwana akenera ku mubyeyi.

Bosenibamwe Aime, guverineri w’intara y’Amajyaruguru avuga ko iyi nzu atari iy’abana b’imfubyi, ahubwo ari inzu y’abana ba Chantal Mbanda. Aboneraho kandi gushimira uyu mubyeyi, akavuga ko n’abandi Banyarwanda bari bakwiye kumureberaho.

Madame Chantal Mbanda, ni umufasha wa musenyeri wa diyoseze ya Shyira mu itorero ry’abangirikani mu Rwanda.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 13 )

Nizere ko "Apotre" Gitwaza Imana yamushoboje akabona akanya ko gusoma iyi nkuru!

Betty yanditse ku itariki ya: 11-04-2013  →  Musubize

Iki gikorwa ni Inyamibwa pee..kdi birekana impuhwe za kibyeyi ziranga Leta.

berabose yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

Iki gikorwa ni cyiza kandi ufasha umwana burya aba yifashije kuko nibo maboko y’aurwanda rwe’ejo.

Maniraho yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

Iki gikorwa ntako gisa ariko uwacyanditse ntatubwiye niba aba bana mbona ko ari bato cyane bagombye kuba bafite ababyeyi kuko ndabona nta numwe muri bo ufite 15 imyaka...bitabaye ibyo kizaba ari inzu y’abana b’imfubyi...none aba bana bakwirera...muduhaye inkuru nziza ariko iri kudutera amatsiko...aho itandkanira na bya bigo byakira imfubyi Leta yifuza ko byafungwa abana bakakirwa mu muryango....
Jye nabanje kugira ngo ni abana batari bafite aho batura ndavuga bamwe basizwe iheruher na Jenosidi....uwamenya aamakuru afututse yatubarira...

kabasha yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

yemwe ba apotres,reveland,bishop n’andi ma titres ahanitse dusanga mu bavugabutumwa mu rwanda,uwababaza ibyo mu vuga n’ibyo mukora mwakwerekana iki?ko muhabwa amaturo buri munsi aho musengera hakaba harubatswe haruzuye,mwasaguriye abana nk’aba bandagaye ko bazabaha amaturo akubye kenshi ayo mwaba mwabafashishije.mubibare neza harimo agatubutse kandi kazahoraho.

zaninka yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

roho nziza itura mu mubiri muzima,uyu muvugabutumwa uwo yabwira inkuru nziza yayakirana amaboko yombi kandi akayikurikiza,kuko aba abona urugero

simbizi yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

Iki gikorwa ni urugero ku bandi banyarwanda ndetse n’abantu muri rusange,ayandi matorero agomba kurebera kuri uyu mu kristu nyakuri.

kampire yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

Hello

Dore Umukirisitu ni uyu ureke bamwe birirwa bigisha aho batanga icya cumi n’amaturo gusa bakayaryohamo .
Ese Leta yategetse amadini ibikorwa Sociales ku maturo tubaha ariko cyane cyane amwe y’inzaduka yo ni Abanyamitwe bigendera neza neza .
Murakoze

Kalisa yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

Uyu mubyeyi Imana imuhe umugisha. Afite idini y’ukuri nk’uko Ijambo ry’Imana ribivuga

Mukristo yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

IYABAHABAGAHO ABAGIRANEZA BAKORA IBYO UYUMUBYEYI YAKOZE N’imana ntiyagaruka mwisi kuko izagarurwa n’ibyaha byacu IMANA ISUBIZE AHO YAKUYE IMUKUBIYE INSHURO 301

safaricanisius yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

IYABAHABAGAHO ABAGIRANEZA BAKORA IBYO UYUMUBYEYI YAKOZE N’imana ntiyagaruka mwisi kuko izagarurwa n’ibyaha byacu IMANA ISUBIZE AHO YAKUYE IMUKUBIYE INSHURO 301

safaricanisius yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize

Imana imuhe umugisha kubw’umutima wa kibyeyi afite, turakangurira n’abandi bifite n’abavuga rikijyana ku mufatiraho urugero rwiza.

Pastor RUTIKANGA Gabriel yanditse ku itariki ya: 10-04-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka