Jenoside yakorewe Abatutsi, amateka mabi ya muntu ku isi-Netanyahu

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yatangaje ko amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari kimwe mu bimenyetso by’amateka mabi ya muntu ku isi.

Mu butumwa bwe yanditse mu gitabo cy’abasura urwibutso, yanditse ko we n’umugore we Sara Netanyahu bababajwe cyane n’ibyabaye ku batutsi bishwe bazira ubusa.

Minisitiri w'intebe wa Israel Netanyahu na Madamu ari kumwe na Perezida wa Repubulika Kagame Paul na Madamu ku rwibutso aho bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi
Minisitiri w’intebe wa Israel Netanyahu na Madamu ari kumwe na Perezida wa Repubulika Kagame Paul na Madamu ku rwibutso aho bunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Bagize bati, “Tubabajwe cyane n’ibyo tubonye muri uru rwibutso rugaragaza ubwicanyi ndengakamere bwabayeho ku isi, ibihugu byacu bisangiye amateka kuko abazize Jenoside yakorewe abatutsi bahuye n’akaga gakomeye nk’uko byagenze ku baturage bacu”.

Benjamin Netanyahu na Madamu we bavuga ko u Rwanda na Israel byagwiriwe n'amahano akomeye mu mateka yabo
Benjamin Netanyahu na Madamu we bavuga ko u Rwanda na Israel byagwiriwe n’amahano akomeye mu mateka yabo

Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yunamiye kandi ashyira indabo ku rwibutso rwa jenoside rwa Gisozi aha agiye kuva akaganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame muri uru ruzinduko rw’umunsi umwe agirira mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

abantubatabaruwe.bazabonamitiwerengute

kanyabage.nzi.paul yanditse ku itariki ya: 7-07-2016  →  Musubize

Perezida Ndagushyigikiye!Kutuzanira Uwo Mushyitsi W’imena!Uragitsinze Kabisa!Uriya Mugabo Niba Atatubeshya Tubonye Uzadukiza Ba Kayumba! Si Tu Veux Voir Loin Il Faut S’appuiyer Aux Epoles Des Geants!Shikama Nuwo Muntu Wo Kwa Yezu Wenda Yazaduha Agakiza!

kayijuka yanditse ku itariki ya: 6-07-2016  →  Musubize

Urwanda Ruhaye ikaze Benyamin Nyetanyahu

Gerald yanditse ku itariki ya: 6-07-2016  →  Musubize

Twishimiye uwomushyitsi Muhire komezimihigo Rwanda yacu ubikirenga muzehe wacu azatugeza kuribyinshi tumurinyuma 2017

ke yanditse ku itariki ya: 6-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka