Inama ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika ku munsi wayo wa munani - AMAFOTO

Abaperezida 30 ba Afurika n’uwa Palestine, aba Visi Perezida, abakuru ba Guverinoma n’abandi bantu bakomeye muri Afurika no ku isi, bakomeje imirimo y’Inama ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika irimo kubera i Kigali kuva tariki 10 kuzageza 18 Nyakanga 2016.

Kuri iki Cyumweru, tariki 17 Nyakanga 2016, ku munsi wa munani wayo, wari umunsi ukomeye kuko wahurije hamwe abakuru b’ibihugu bose bitabiriye iyi nama ndetse Perezida wa Tchad, Idriss Déby Itno uyuboye uyu muryango, atangiza ku mugaragaro imirimo y’iyi nama.

Kuri iki Cyumweru kandi ni bwo bwa mbere mu mateka ya Afurika, hamuritswe Pasiporo Nyafurika yahise ihabwa ku ikubitiro ba Perezida Idriss Déby Itno wa Tchad unayoboye AU ndetse na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda rwakiriye iyi nama ya 27.

Aba bakuru b’ibihugu bashyikirijwe izi pasiporo n’Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, Dr. Nkosozana Dlamini Zuma.

Dore amwe mu mafoto y’uko byari bimeze:

Kanda HANO urebe andi mafoto menshi.

Amafoto: Plaisir Muzogeye/Kigali Today.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Iyi nama irashimangira icyerekezo dufite mu gihugu cyacu cy’U RWANDA "NKORE BANDEBEREHO" Muzehe wacu nakomereze aho, Turamwemera

Emmanuel GAKURU yanditse ku itariki ya: 18-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka