Batangiye kubyaza umusaruro ibyo biga bakiri mu ishuri

Abanyeshuri biga ubumenyi ngiro ku kigo cy’amashuri cyitiriwe Viyeko mu Karere ka Muhanga, bavuga ko ibyo biga babibyaza umusaruro mu biruhuko.

Bamwe mu banyeshuri biga imyuga ku kigo cyitiriwe VIJEKO soma VIYEKO, bavuga ko mu biruhuko bakora imirimo nk'iy'abandi bafundi
Bamwe mu banyeshuri biga imyuga ku kigo cyitiriwe VIJEKO soma VIYEKO, bavuga ko mu biruhuko bakora imirimo nk’iy’abandi bafundi

Rukundo Placide wiga mu mwaka wa gatanu ishami ry’ubwubatsi avuga ko akazi ko mu biruhuko ngo gatuma bigirira icyizere cy’uko nibarangiza amashuri bazihangira imirimo.

Yagize agira ati “Twajyaga twumva ko abafundi bubaka mu Mujyi baturuka mu Ntara ariko ubu natwe dusigaye tugenda mu kiruhuko tugakora tukabona amafaranga, niturangiza batwitege”

Habimana Théodore ushinzwe integanyanyigisho, amahugurwa y’abarimu n’ibizamini mu kigo cy’igihugu cy’ubumenyi ngiro (WDA), avuga ko hari imirimo ikorwa n’abanyamahanga kuko nta bushobozi abanyarwanda bari bagira mu kuyikora.

Habimana avuga ko abiga imyuga bateganyirizwa uburyo bwo gufashwa kwihangira imirimo
Habimana avuga ko abiga imyuga bateganyirizwa uburyo bwo gufashwa kwihangira imirimo

Hakurikijwe gahunda ya Kora wigire, abarangije amashuri y’imyuga bafashwa n’ikigega cy’igihugu cy’iterambere (BDF) kubona inguzanyo mu Mirenge SACCO, kugirango bihangire iyabo.

Iyi gahunda ngo ifasha cyane abibumbiye mu makoperative, ikaba ishingiye kuri gahunda ya Leta yo guhanga imirimo ibihumbi 200 buri mwaka idashingiye ku buhinzi.

Habimana ati “Muri gahunda ya Kora wigire abize imyuga bafashwa na BDF gukorana n’Imirenge SACCO kubona inguzanyo ibafasha kwihangira imirimo”.

Avuga ko Leta ifite gahunda yo kuzamura ireme ry’uburezi mu bigo by’ubumenyi ngiro kugeza ku cyiciro cy’amashuri yisumbuye na Kaminuza.

Ibi ni mu rwego rwo gutanga ubumenyi bwatuma abarangiza bashobora gupiganira imirimo ku isoko mpuzamahanga.

Abanyeshuri bikorera ibikoresho bikoreshwa mu ishuri bagasoza bashobora no kubigurisha
Abanyeshuri bikorera ibikoresho bikoreshwa mu ishuri bagasoza bashobora no kubigurisha

Mu Rwanda habarirwa ibigo by’amashuri y’ubumenyi ngiro 382, harimo 15 y’ikiciro cya mbere cya kaminuza, na 168 atanga impamyabumenyi yisumbuye A2, andi akaba ay’igihe gito (TVT).

Biteganyijwe ko mu mwaka wa 2017 buri Karere kazaba gafite amashuri atatu yujuje ibisabwa mu kwigisha ubumenyi ngiro.

Hazabaho n’ishuri ry’imyuga muri buri Murenge kuko kugeza ubu hari imirenge hafi 30 itaragira ikigo na kimwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

tugomba gukoresha amahirwe dufite tukiyubakira igihugu

tuyishime isdore yanditse ku itariki ya: 28-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka