Bababazwa no kudahabwa amashanyarazi kandi baturiye urugomero

Abaturage bo mu kagari ka Rwasa, umurenge wa Gahunga, akarere ka Burera, bababazwa no kudahabwa amashanyarazi kandi baturiye urugomero rwa Ntaruka

Bavuga ko bamaze igihe kitari gito bayasaba bakabura igisubizo. Kudahabwa amashanyarazi ngo bituma basigara inyuma mu iterambere.

Abatuye muri aka Kagali ndetse n'abakozi bako ntiboroherwa n'akazi kubera kutagira umuriro
Abatuye muri aka Kagali ndetse n’abakozi bako ntiboroherwa n’akazi kubera kutagira umuriro

Muri aka Kagali habonekamo amazu atunganya imisatsi y’abagabo n’abagore, abayakoreramo bakavuga ko akazi kabo kadindira cyane kubera kutagira umuriro.

Abaganiriye na Kigali Today basaba ubuyobozi kugira icyo bukora, abatuye muri aka gace amashanyarazi akabageraho.

Mukarurinda Ruth agira ati “ Kudahabwa umuriro si uko turi abakene kuko natwe dukora nk’abandi baturage.

Ntabwo tuzi impamvu tutawuhabwa, kandi kuri Ntaruka iwutanga ari hafi ahangaha”.

Rwamirera Apolinaire nawe avuga ko hari byinshi bakenera gukoresha amashanyarazi, ariko kubera kutayagira bigatuma bajya kuyashakira ahandi.

Ati “ Hari aho mperutse kujya gusharija telefone bampindurira batiri bampa ishaje.

Nababajwe no kuba njya kuvumba umuriro bikamviramo kwibwa, kandi narasabye kugezwaho umuriro mfite n’ ubushobozi, nkabura igisubizo”

Nizeyimana Theogene umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Gahunga, avuga ko iki kibazo kiri mu nzira yo gukemuka.

Ati “ Inyigo yo kugeza amashanyarazi ku baturage yararangiye, ndetse n’akarere kamaze kwishyura amafaranga muri EWASA.

Igitegerejwe ni uko abakozi bayo baza gushyira mu bikorwa iyo nyigo, tugiye gukurikirana byihutishwe abaturage babone amashanyarazi”.

Nizeyimana Theogene uyobora Umurenge aka Kagari gaherereyemo avuga ko iki kibazo kigiye gucyemuka
Nizeyimana Theogene uyobora Umurenge aka Kagari gaherereyemo avuga ko iki kibazo kigiye gucyemuka
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka