Yagiye ku isoko y’abasokuruza, asabira Abanyarwanda guhirwa muri 2017

Modeste Nzayisenga “Muganga Rutangarwamaboko” inzobere mu buzima bushingiye ku muco, yashyize hanze isengesho yasabiyemo Abanyarwanda guhirwa muri 2017 yifashishije umuco gakondo.

Muganga Rutangarwamaboko mu isengesho yasabye Imana gufasha Abanyarwanda kudatatira Umuco
Muganga Rutangarwamaboko mu isengesho yasabye Imana gufasha Abanyarwanda kudatatira Umuco

Muri iri sengesho yacishije mu Kiganiro “Ubuzima bushingiye ku muco” yacishije kuri KT Radio, avuga ko yinginze Imana y’i Rwanda gufasha Abanyarwanda kugaruka ku isoko y’umuco wabo no guhirwa muri uyu mwaka.

Yagize ati “Iri sengesho narisenze ndi mu mwuka wa ba sogokuruza, aho abami b’abakurambere bacu mu Kinyarwanda bagiraga inzira z’ubwiru zitandukanye, zirimo inzira yitwaga iy’ ishora.

Maze muri iyo nzira y’ishora yakurikiraga inzira ya gicurasi, hakabamo umugenzo wo gusaba Imana y’i Rwanda Imitima mishya.”

Asobanura ko muri iyo migenzo ari ho umunyamigenzo mukuru yicishaga bugufi imbere y’Imana n’imbere y’abantu maze akatura ati “Twaje kwenda imitima Mana y’i Rwanda ngo u Rwanda rugire umutima mushya, ingoma zigire umutima mushya, inka zigire umutima mushya, ingabo zigire umutima mushya, abagabo bagire umutima mushya, abagore bagire umutima mushya, abana bagire umutima mushya.”

Muri iri sengesho avuga ko yahumekewemo n’umwuka w’aba sogokuruza ngo asengere u Rwanda, avuga ko yabitewe n’uko hari ibintu bibi bikomeje kuvangira Umuco Nyarwanda aho ujya kumva ngo umwana yishe umubyeyi cyangwa umubyeyi yishe umwana we.

Amwe mu magambo ari muri sengesho agira ati “... Ndagusabira cyane ngufitiye akayihayiho, ngo uzarindirwe neza umutima na Nyagasani. Imana y’i Rwanda Izabahe kuba imbuto isakaza ineza y’ubuntu bw’ubuzima bushingiye ku muco, muri 2017.

Ubuntu buzahura buri wese akava i buzimu akagaruka ibuntu, Ubuntu buhonora buri wese agahonoka akagaruka iwabo w’abantu n’ibintu, iwabo w’abeza, iwabo w’inka n’abazikamirwa, iwabo w’intagawa kandi iwabo w’intajorwa.”

Muganga Rutangarwamaboko ni inzobere mu muco n’amateka y’u Rwanda, akaba n’umushakashatsi muri gahunda z’ubuzima bushingiye ku muco, ibarizwamo gahunda zose z’Ikigo Nyarwanda cy’Ubuzima bushingiye ku Muco (RCHC) abereye Umuyobozi mukuru.

RCHC ni ikigo kigamije iterambere ry’Igihugu rishingiye ku muco yatangije, nyuma y’ubushakashatsi yakoze ku Umuco Nyarwanda n’uburyo bwo kuvura indwara zo mutwe hifashishijwe uburyo bushingiye ku muco, ubwo yasozaga Kaminuza.

Amarembo y'Ikigo nyarwanda cy'ubuzima bushingiye ku muco ahora yuguruye kuva ku wa mbere kugeza ku cyumweru guhera saa moya z'igitondo kugeza saa tatu z'ijoro
Amarembo y’Ikigo nyarwanda cy’ubuzima bushingiye ku muco ahora yuguruye kuva ku wa mbere kugeza ku cyumweru guhera saa moya z’igitondo kugeza saa tatu z’ijoro

Umva isengesho ryose Muganga Rutangarwamaboko yasenze asabira Abanyarwanda gukomera ku muco, bakazanagira ishya n’ihirwe mu mwaka wa 2017.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Njyewe nda mushimira cyane mbere nambere.imana imuhe umugusha nyabuna nuguse nga tukajyakumavi tugasengera Abanyarwanda nabanyarwandakazi arikomurirusanga uRwanda narwo tukarusengetacyane interarumaze kugeraho irashimishijecyane kandi turizerako tuzagera nokubirenze ibyo ngibyo Abanyarwanda Nabanyarwandakazi tugire imbaraga mumurimodukora duteze igihugu cyacu imbere nkaba nshimiye uwadusengeye ima na imuhe umugisha.murakoze!!!

Fabrice yanditse ku itariki ya: 23-02-2017  →  Musubize

Ahari ubushake byose bigerwaho. Kuba abanyarwanda twifuriza ineza igihugu,nta akabuza bizabaho

Gakire yanditse ku itariki ya: 22-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka