Uwayoboraga Police Station ya Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana

Assistant Inspector of Police Narcisse Kagabo wayoboraga Police Station ya Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 29/08/2013 azize indwara.

Umugore we witwa Mukamanzi Alphonsine yabwiye Kigali Today ko mu ma saa mbili za mugitondo ubwo yari ari mu rugo i Kigali yarembye cyane, batumizaho moto ebyiri zibajyana kwa muganga, aho bita kwa Kanimba, ariko bakiri mu nzira AIP Kagabo yitura hasi ahita ashiramo umwuka.

Ubusanzwe AIP Kagabo ngo yarwaraga indwara ifata imyanya y’ubuhumekero yitwa Asima (Asthma ) ikaba ari na yo yari yongeye kumumerera nabi ubwo yajyanwaga kwa muganga igitaraganya.

AIP Kagabo mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Police mu kwezi kwa gatandatu 2013.
AIP Kagabo mu muhango wo gutangiza icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Police mu kwezi kwa gatandatu 2013.

AIP Kagabo yari amaze igihe gito yimuriwe i Karongi kuko yagezeyo ku wa mbere tariki 26/08/2013. Umugore we avuga ko yari yarasabye uruhushya rwo kujya mu rugo akaba yari yahageze tariki 28/08/2013.

AIP Kagabo yari umugabo w’imyaka 44 y’amavuko, akaba akomoka mu murenge wa Cyahinda mu karere ka Nyaruguru. We n’umugore we bari bafitanye abana bane bakaba bari bamaze igihe gito bimukiye mu murenge wa Jali bavuye aho bari batuye mbere mu murenge wa Gatsata i Kigali.

Malachie Hakizimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Kagabo R.I.P Twagukundaga

Emmy yanditse ku itariki ya: 2-09-2013  →  Musubize

rutsiro duhombye umugabo witondaga kandi ugira ukuri mukazi ke. nyagasani amwakire

EUSTACHE yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Birababaje cyane rwose. N’ubwo ntawe uvura umunsi, tumenye ko iyo umuntu afite ibibazo byo guhumeka nabi, ntabwo agenda yicaye.
Imana imwakire mu bayo kandi umuryango we wihangane cyane

Umuntu yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Ababanye nawe twihanganishije umuryango we,kandi Imana imwakire.

gahima yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Imana Imwakire mubayo!

akagabo john yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Mubuzima bwacu bwa buri munsi niko bigenda umuryango wa AIP Kagabo mwihangane ubuzima burakomeza,Yesu ni we se w,impfubyi akaba n,umugabo w,abapfakazi

SIKONZABIGIRA Fidele yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Ooh!,mbuze.Inshuti pe.IMANA imwakire.mubayo!

Sgt.EMM.TWAHIRWA. yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Mukuri abasigaye bo mu muryango wa kagabo bihangane.

Neza yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Imana imwakire mubayo, yitondaga cyane , umuntu wakoze Rutsiro imyaka irenga 5 ntihagire uwo bagirana amakimbirane uwariwe wese , turasabira umuryango we usigaye

niyonzira yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

uwo mufande imana imuhe iruhuko ridashira

bertin yanditse ku itariki ya: 30-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka