Uwari mucoma arizihiza #Kwibohora26 yishimira umuturirwa yujuje i Kigali
Mbere y’umwaka wa 1994, Ntawunezarubanda Schadrack wacuruzaga inyama zokeje (brochettes) mu Karere k’iwabo ka Rutsiro, avuga ko nta handi hantu yari yakamenya muri iki gihugu cyangwa hanze yacyo.

Mu gihe u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo kwibohora, Ntawunezarubanda na we arifatanya na FPR-Inkotanyi, avuga ko yabohoye igihugu ikamuha kugenda amahanga, none aramurika umusaruro yakuyemo.
Ntawunezarubanda wo muri Rutsiro
Ntawunezarubanda Schadrack avuka mu Murenge wa Mukura mu Kagari ka Kagusa muri Rutsiro mu Burengerazuba bw’u Rwanda. Yabyawe n’umucuruzi witwaga Nkurikiyimfura Edouard mu mwaka wa 1979, yiga amashuri abanza kugera mu wa gatanu gusa, ubundi atangira gufasha se gucuruza ariko anifitiye icyokezo cy’inyama ku ruhande.
Ntawunezarubanda avuga ko amafaranga yungukiraga mu kotsa inyama yirinze kuyaha abakobwa n’abagore bamurebaga ijisho ryiza bamuryarya, ahubwo ngo yari yarafunguje konti muri banki akajya ayabitsaho.

Ati "Ibanga ryo kunguka mu bucuruzi bwanjye nk’uko data yari yarabimbwiye, ni ukwirinda abagore n’inzoga, yambwiraga ko nimbyishoramo nzahita mpfa, twasengeraga mu idini ry’abaporoso (Abaporotestanti)".
"Buriya iyo mbonye umwana w’umusore unywa inzoga birambabaza cyane, ariko reka nikomereze,..!"
Mu mwaka w’i 1997 abacengezi ngo bateye iwabo wa Ntawunezarubanda bica se baranabasahura ibintu, ariko amafaranga ye kuri banki ngo yari amaze kugera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi magana atandatu (1,600,000Frw).
N’ubwo umubyeyi we yari agiye Ntawunezarubanda akiri muto (agifite imyaka 18), Ntawunezarubanda avuga ko yari amaze kumenya gucuruza, atangira kujya aza i Kigali kurangura ibintu akajya kubicururiza iwabo.
Ntawunezarubanda Schadrack i Kigali
Umunsi umwe yaje i Kigali muri uwo mwaka w’1997 yiyemeza kudasubira i Rutsiro, ahitamo gukodesha akazu gato kitwa ’Kiosk’ kubatswe mu mbaho i Nyabugogo (Kiosk ni bwo bwoko bw’inyubako zari ziganje ahitwa ku Mashyirahamwe muri Nyabugogo).

Ati "Aha hantu hari habi ku buryo wasangaga ari ibihuru gusa ukarinda ugera i Gikondo, hari inyubako nke cyane, ndashimira Leta yacu yatubohoye ikadufasha kuhava".
Ntawunezarubanda avuga ko yakomeje gucuruza ya mafaranga arenga miliyoni n’igice, arangura ibikoresho bikenera amashanyarazi birimo amaradio, televiziyo n’amadarubindi (amataratara).
Muri 2002 uyu mucuruzi ngo yarashyingiwe abona umufasha barafatanya, ubucuruzi bumaze kwaguka bava muri "Kiosk" y’imbaho bimukira mu nzu z’ubucuruzi ahitwa muri ’Karitsiye Mateus’ i Kigali.
Ntawunezarubanda mu ndege
Mu mwaka wa 2008 Ntawunezarubanda wategerezaga kurangura ibicuruzwa bivuye i Dubai, yatangiye kwigirayo, ndetse amenye ko biba byavuye ku ruganda mu Bushinwa yiyemeza kuba ari ho yerekeza.
Ati "Ikibazo nari nsigaranye ni itike y’indege muri Kompanyi y’Abanyakenya yari ihenze cyane, kuko kuva mu Rwanda werekeza i Dubai yari amadolari ya Amerika 940".

Ati "Ndashimira Leta yacu yazanye indege za RwandAir, kuko ubwo yari imaze gutangiza ingendo zerekeza i Dubai (muri 2016) igiciro cyari Amadolari ya Amerika 500 gusa, kandi nta na hamwe duhagaze mu nzira".
Ntawunezarubanda avuga ko iyi nyungu yaheshejwe na RwandAir yaje kuyegeranya agura ikibanza cyo kubakamo i Nyabugogo iruhande rw’inyubako nini z’Amashyirahamwe muri uwo mwaka wa 2016.
Nyuma y’imyaka ibiri(muri 2018) Ntawunezarubanda ugicururiza muri ’Mateus’ ibikoreshwa n’amashanyarazi (electronics), yatangiye kubaka muri cya kibanza kiri i Nyabugogo, ubu akaba yizihiza isabukuru yo kwibohora wa muturirwa we umaze kubakwa no kubona abawucururizamo.
"Amagorofa atatu ya mbere azakodeshwa n’abacuruzi b’ibintu bitandukanye, abiri ya nyuma azaba hoteli, kandi aho hose hamaze kubona abantu bahakorera uretse ibyumba bitanu gusa mu birenga 71 bigize iyi nyubako".

Mu mafaranga arenga miliyari imwe na miliyoni 53 yubakishije iyo nzu y’igorofa, Ntawunezarubanda ngo yasabye banki inguzanyo ya miliyoni 700 kandi uburuzi bwe ntibwahagaze.
Avuga ko ibi byose abikesha gutanga neza umusanzu n’imisoro asabwa, kandi akishimira ko iyo amaze gusora ngo ahita abona ubutumwa bw’Ikigo Rwanda Revenue Authority bumubwira buti "Turagushimira umusanzu wawe mu kubaka igihugu".

Ntawunezarubanda aratanga igisobanuro cyo kwibohora, avuga ko kuzigama bigomba kuba umuco mu bantu, buri wese akirinda uburangare, agakunda ibyo akora, ariko yagera ku bacuruzi ho akabasaba gufata neza ababagana.
Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ohereza igitekerezo
|
Iyi nzu kuki utayise izina nka chadrack house cg Ntawunezarubanda house? Cg se mchoma house that could be fair friend. N way keep it up
Ibi nibyo gushimira Imana ntacyindi umuntu yakora nukuri kuko ninkomezi ko ntaho itakura umuntu none njye ndagira nti nantere iteka ampe akazi rwose akariko kose ntakibazo
Yababwiye aho yayateruyese basi? Hari nabari hasiye babaye igitangaza nawe ngo Mucoma? Isi iragutiza wangu narye vuba Hari abandi babikeneye.
Ni byiza turamushimiye kuko arimo azamura Nyabugogo. Nagire vuba na hariya muri étage hagenewe Hôtel hatangire gukora kuko harakenewe muri Nyabugogo.
Burya icyo Imana yakwandikiye iyo witwazye neza ukigaraho! Uru nurugero rrwiza kubandi bari muruhando rwo kuba barwiyemezamirimo bakagera ikirenge mucyawe! Keep it up!
Umutima mwiza inama yahawe nase umubyara ndetse nanyina umubyara kwihangana kwirinda irari ubusinzi guca bugufi gufata neza abamugana byamuhesheje ishema nange nagiragango mbanze muvuge kuko ndmuzi nange ndimubamwe bamwiti izina kubwibyiza bye mwise neza y’Imana .
Igitekerezo inama atugira mukubaka igihugo twese tubigize umuco igihugu cyaba pladizo ndasaba burimucuruzi wese kwitwararika mubyo akora akamenya ko nawe yagira aho ava kandi akagira niyo ajya kuko utazi iyo wavuye utamenya nahowerekera ndangije nshimira reta y’URWANDA yabohoye igihugu cyacu ubwo cyari cyiri mumaga kd nkashimira na chadrack wabayi intwari murakoze
Murakoze kutwigisha