Ushinzwe imibereho myiza mu murenge wa Mugombwa yitabyimana azize impanuka

Byiringiro Augustin, wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara yitabye Imana tariki 26/04/2012 azize impanuka ya moto.

Byiringiro yaguye mu murenge wa Mbazi akarere ka Huye dore ko yabonetse munsi y’umuhanda yarengutse kuri moto, nayo basanze aho yaguye; nk’uko bitangazwa na Kabogora Jacques, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugombwa.

Umurambo wa nyakwigendera uri mu bitaro bya kaminuza nkuru y’u Rwanda i Butare. Byiringiro Augustin yitabye Imana akiri ingaragu.

Védaste Nkikabahizi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka